Uganda: Urukiko rwakatiye Abanyarwanda 25 gufungwa umwaka umwe

Abanyarwanda 25 bakatiwe igifungo cy’umwaka umwe nyuma yo gufatirwa muri Uganda nta byangombwa bafite.

Bahawe iki gihano n’urukiko rwa Kisoro kuri uyu wa Kane.

Umushinjacyaha Mike Mwanje yavuze ko abaregwa bafatiwe kuri bariyeri yari yashyizwe mu gace ka Nyakabande muri Kisoro.

Abaregwa bose bemereye urukiko ibyo baregwa basaba n’imbabazi nkuko Chimpreports yabitangaje.

Ubusanzwe kuba muri Uganda nta byangombwa bihanishwa igifungo cy’imyaka ibiri cyangwa akishyura miliyoni ebyiri z’amashilingi ya Uganda.

Icyakora umucamanza yahanishije abo banyarwanda igifungo cy’umwaka umwe cyangwa bakishyura miliyoni imwe y’amashilingi.

Si ubwa mbere Uganda yirukanye Abanyarwanda kuko muri Nyakanga hari Mutarama hari abagera kuri 70 bafatiwe mu karere ka Rukiga nta byangombwa.

No muri Mutarama uyu mwaka abanyarwanda 72 n’Abanye-Congo 65 bafatiwe Kisoro bahita birukanwa bashinjwa ko kwinjira muri icyo gihugu nta byangombwa.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *