Ubufaransa:Perezida Macron arahamagarira Abaturage be kuyoboka inzira y’ibiganiro

Umukuru w’igihugu cy’Ubufaransa, Emmanuel Macron asaba ko hategurwa ibiganiro  ku bibazo bitari bike bihanze igihugu cye, byatumye hanaba imyigaragambyo yamagana leta yamaze igihe kitari gito. Ni mu rwandiko yagejeje ku bafaransa ejo cyumweru.

Macron ateganya  gutegura  ibiganiro mu gihugu cyose mu byumweru  umunani biri imbere.

Bimwe mu bibazo yiteguye bizibandwaho  n’abafaransa ni byerekeye imisoro, ndetse n’ahandi hose byakenerwa ko ingengo y’imari ya leta   ikwiye kwerekezwa, ibibazo by’ibidukikije hamwe n’ibirebana n’abimukira.

Ariko n’ubwo bimeze bitya bwose muri iri tegurwa ry’ibiganiro,ku bibazo byose, ikibazo cy’uburenganzira bw’abimukira basaba ubwenegihugu mu bufaransa ngo cyo nti kiri  mubizashyirwa  ku meza y’ibiganiro.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *