‘Twagutsinze ku rugamba, ntiwibwire ko uzadutsinda muri dipolomasi’, Umujyanama wa leta ya Iran asubiza Trump
Ali Akbar Velayati, wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran akaba ari umujyanama w’ubutetegetsi bwa Repubulika ya Kisilamu ya Iran mu bya politiki y’amahanga, yavuze asubiza amagambo aheruka gutangazwa na Perezida w’ Amerika Donald Trump ati: “Twabatsindiye ku rugamba; ntimuzigere mutekereza ko muzatsinda muri dipolomasi.”
Velayati yavuze ku magambo aheruka ya Trump, bamwe basobanuye nk’aho yashakaga gutera ubwoba Iran ayikangisha igitero cya nikereyeri.
Yagize ati: “Trump arimo gutera Iran ubwoba akoresheje intwaro za nikereyeri, mu gihe bigaragara ko yemeye ibinyoma bya Pentagon byo guhisha imibare nyakuri y’abasirikare ba Amerika benshi bapfuye.”
Yakomeje agira ati: “Bwana Trump, ntuzigere utekereza ko uzinjira i Beijing nk’uwatsinze kubera gukoresha nabi ituze dufite muri iki gihe.”
Mu byo Trump aheruka gutangaza kuri iyi ntambara yavuze ko agahenge kari hagati yabo na Iran kari “ku byuma bifasha gutanga ubuzima” mu gusobanura ko ako gahenge katagifatika.
![]()

