Tshilombo Tshisekedi yemejwe bidasubiraho nka Perezida wa RDC

Nyuma y’iminsi 20 muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo habaye amatora y’Umukuru w’Igihugu, amatora Komisiyo y’igihugu yatangaje ko uwayatsinze ari Felix Antoine Tshilombo Tshisekedi, ubu noneho Urukiko rubifitiye Ububasha rwemeje burundu ko ari we wayatsinze, kandi ko ari we Perezida wa RDC.

Umwe mu bakandida batavuga rumwe n’ubutegetsi Martin Fayulu yari yaratanze ikirego mu Rukiko Rurinda Iremezo ry’Itegeko Nshinga avuga ko yibwe amajwi kandi ngo nyamara ari we watsinze amatora.

Inama idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yafashe imyanzuro ishimangira ibyasabwe n’ibihugu by’Uburengerazuba bw’Isi, hamwe na Kiliziya Gatolika byifuzaga ko intsinzi ihabwa Fayulu cyangwa se amatora agasubirwamo.

Minisitiri w’Itangazamakuru wa RDC Lambert Mende Omalanga , akaba n’Umuvugizi wa Leta, yavuze ko batazagendera ku gitutu cy’amahanga, ko ahubwo Congo nk’igihugu cyigenga izagendera ku bushake n’amahitamo by’abaturage bayo.

Birangiye, Urukiko rurinda iremezo ry’itegeko Nshinga rufashe umwanzuro wo gutesha agaciro ikirego cy’Umukandida Martin Fayulu, runemeza ko intsinzi y’Umukuru w’Igihugu cya Repubuliaka ya Demokarasi ya Congo ari iya Felix Tshisekedi.

Felix Antoine Tshisekedi Tshilomba w’imyaka 55 asimbuye Joseph Kabila. Kurahirira kuzayobora igihugu, bizaba ari inshuro ya mbere muri iki gihugu habayeho ihererekanyabubasha mu mahoro, kuva icyo gihugu cyabona ubwigenge kuwa 30 Kamena 1960.

Ubwo abacamanza bemezaga Tshisekedi ko ariwe Perezida

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *