Nyuma ya Rayon Sports, SKOL igiye kwambika Muhazi Cycling Generation

Uruganda rwenga inzoga zisembuye n’izidasembuye SKOL nyuma ya Rayon Sports na SACA, ndetse na Fly Cycling, rugiye gutangira kwambika n’ikipe y’amagare ya Muhazi Cycling Generation.

Kuri uyu wa Kane tariki 10 Kamena 2021, ku ruganda rwa SKOL mu Nzove, SKOL na Muhazi Cycling Generation bemeje amasezerano y’ubufatanye ajyanye no kwambika ikipe ya Muhazi Cycling Generation.

Aya masezerano impande zombi zirinze gushyira ahagaragara ibiyakubiyemo mu buryo burambuye. Icyakora SKOL izajya yambika iyi kipe y’umukino w’amagare aho yabakoreshereze umwambaro mushya ugaragara mu ibara ry’umweru. Uyu mwambaro uriho imigongo isanzwe imenyerewe mu mideri ya Kinyarwanda, uriho n’ikinyobwa cy’amazi ya SKOL yo mu icupa yahawe izina rya ‘Virunga’.

Umuyobozi ushinzwe amasoko no kumenyekanisha ibikorwa muri SKOL, Niwemfura Marie-Paule, yagarutse kuri ubu bufatanye, avuga ko bahisemo gufasha iyi kipe muri gahunda basanzwe bafite yo gushyigikira iterambere ry’imikino by’umwihariko umukino w’amagare.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *