Ruhango:Gerenade yamukomerekeje byoroheje

Bayisenge Divine yajyanwe kwa muganga nyuma y’uko “Gerenade” imuturikanye ubwo yari arimo ahinga mu murima uri mu Karere ka Ruhango.

Igice cya "Gerenade" yaturikanye Bayisenge

Ibyo byabereye mu Mudugudu wa Nyamagana mu Kagari ka Nyamagana mu Murenge wa Ruhango, mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 12 Mata 2017.

Bayisenge ufite imyaka 26 yari arimo ahinga, akubita isuka kuri iyo “Gerenade” yari iri mu butaka, yo mu bwoko bwa “Stik” ihita imuturikana, imukomeretsa mu maso mu buryo bworoheje. Yahise ajyanwa kwa muganga.

Nahayo, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango yemeje ayo makuru avuga ko byabaye saa mbiri n’igice za mu gitondo.

Polisi y’Igihugu ikangurira abaturage kwirinda gukinisha ibyuma batazi no kumenyesha inzego z’umutekano ahantu hose hakekwa kuba ibisasu.

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *