Perezida wa FIFA Gianni Infantino yamaze kugera mu Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo Perezida wa FIFA Gianni Infantino yageze mu Rwanda aho aje kuyobora inama ya FIFA

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA, Umutaliyani Gianni Infantino yamaze kugera i Kigali, aho aje mu nama izahuza abayobzo bakuru b’iri shyirahamwe, inama izabera muri Kigali Convention Center.

Perezida wa FIFA yageze i Kigali ku i Saa Cyenda, aho yazanye n’abandi bagize akanama ka FIFA, yakirwa na Perezida wa Ferwafa Rtd Brig Gen. Sekamana Jean Damascene.

Iyi nama izaba kuri uyu wa Gatanu, ikazitabirwa na bamwe mu bayobozi b’amashyirahamwe y’umupira w’Amaguru mu bihugu ndetse n’imigabane, abagize Komite Nyobozi ya FIFA ndetse n’abandi batandukanye batoranijwe.

Biteganyijwe ko muri iyi nama hazaganirwa ku miyoborere mu mashyirahamwe y’umupira w’amaguru agize FIFA ariko umwe mu myanzuro itegerejwe ikaba ari umwanzuro ku mushinga wa Perezida wa FIFA Gianni Infantino ku marushanwa mashya mpuzamahanga arimo irushanwa irushanwa ry’igikombe cy’isi cy’amakipe (Club World Cup) ndetse n’irushanwa rishya ry’isi rihuza amakipe y’ibihugu.

Infantino arifuza ko hongerwa umubare w’amakipe agihatanira akaba 24 aho kuba arindwi nk’uko byari bisanzwe. Uwo mushinga watanzwe n’itsinda ry’abashoramari ryo mu Buyapani rizwi nka SoftBank ku mafaranga yatanzwe n’igihugu cya Arabia Saudite hamwe na United Arab Emirates.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *