Blog

  • Imodoka z’Amashanyarazi Zageze Mukinigi murwego rwo kubungabunga Ibidukikije

    Imodoka z’Amashanyarazi Zageze Mukinigi murwego rwo kubungabunga Ibidukikije

    Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ibikorwa bibungabunga ibidukikije no gushishikariza abaturage gukoresha ikoranabuhanga ritangiza ibidukikije, mu Karere ka Musanze habereye Open Day yagaragarijwemo ibikorwa bitandukanye by’abafatanyabikorwa bakorera mu Karere barenga 45 Kimwe mu byakurikiwe cyane ni imodoka zikoresha amashanyarazi (Electric Vehicles) zashyizwe ahagaragara nk’uburyo bushya bwo kugabanya imyuka ihumanya ikirere.

    Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Kinigi, ahakunze gusurwa n’abakerarugendo baturuka hirya no hino ku isi baza gusura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ndetse n’ingagi zo mu misozi. Abitabiriye iri murika bagize umwanya wo gusobanurirwa uburyo imodoka zikoresha amashanyarazi zikora n’uruhare rwazo mu kurengera ibidukikije.

    Perezida wa DAJF,Mugabukomeye Benjamin yavuze ko gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi ari imwe mu ngamba zikomeye zo kugabanya imyuka ihumanya ikirere no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, cyane cyane mu bice bikikije pariki n’ahandi hakorerwa ibikorwa by’ubukerarugendo.

    Perezida wa DAJF,Mugabukomeye Benjamin

    Yagize ati: “Izi modoka zifasha kugabanya imyuka yangiza ikirere ituruka ku binyabiziga bisanzwe bikoresha lisansi cyangwa mazutu. Ibi ni ingenzi cyane hano muKinigi no mu Karere ka Musanze, ahaza abakerarugendo benshi baza gusura ibirunga n’ingagi. Kubungabunga ibidukikije ni inshingano za buri wese kuko ari byo shingiro ry’iterambere rirambye.”

    Yakomeje avuga ko ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi rizanafasha abaturage kugabanya amafaranga bakoreshaga kuri lisansi, bityo rikabafasha kubona uburyo bwo gutwara abantu n’ibintu bitangiza ibidukikije kandi bjhendutse.

    Perezida wa DAJF yagaragaje ko abakerarugendo basura ibirunga bakomeje kwiyongera, bityo hakaba hakenewe uburyo bwo gutwara abantu butabangamira ibidukikije. Yavuze ko gukoresha imodoka z’amashanyarazi bizafasha kurushaho kubungabunga ubwiza nyaburanga bw’akarere no kugabanya urusaku rushobora kubangamira inyamaswa n’ibindi binyabuzima bibarizwa muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.

    Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien yashimiye abafatanyabikorwa bose bakorera mu Karere uruhare rwabo mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no kubafasha kugera ku iterambere rirambye.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien

    Yagize ati: “Turashimira cyane abafatanyabikorwa bose bakomeje gukorera mu Karere ka Musanze no kudufasha mu bikorwa bitandukanye by’iterambere. Ubufatanye bwanyu ni ingenzi mu rugendo rwo kubaka Akarere gafite abaturage bateye imbere kandi bafite imibereho myiza.”

    Meya yakomeje ashimira abaturage bitabiriye Open Day ndetse n’abaje kwandikisha abana mwiranga mimerere ,, avuga ko ari kimwe mu bikorwa bishya byitabiriwe na benshi byateguwe mu iri murika bikorwa ryahuje, abaturage benshi bagannye site yaho babarurira ko aribyagaciro kwandikisha abana bavutse.

    Nsengimana Yagize ati: “Turashimira ababyeyi n’abaturage bitabiriye gahunda yo kwandikisha abana mu iranga mimerere . Ni igikorwa gishya twahisemo gushyira muri iri murika bikorwa ngo abaturage babone serivisi zitandukanye ahantu hamwe. Ibi bigaragaza ko abaturage bagenda barushaho gusobanukirwa akamaro ko kwandikisha abana no kubategurira ejo hazaza heza.”

    Abaturage bitabiriye iki gikorwa bagaragaje ko bishimiye kubona uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwo gutwara abantu n’ibintu, bavuga ko bizafasha igihugu kugera ku ntego zo kurengera ibidukikije no kugabanya ihumana ry’ikirere.

    Open Day y’Akarere ka Musanze yabaye umwanya mwiza wo guhuriza hamwe abaturage, abafatanyabikorwa n’inzego zitandukanye, hagamijwe kumenyekanisha ibikorwa by’iterambere no gushakira hamwe ibisubizo birambye bifasha abaturage ndetse n’ibidukikije. Abitabiriye basoje bagaragaza ko gukoresha imodoka z’amashanyarazi ari intambwe ikomeye mu rugendo rwo kubaka u Rwanda rubungabunga ibidukikije kandi ruteza imbere ubukerarugendo burambye.

    By: Florence Uwamaliya

  • Nick Barigye yasabye itangazamakuru guteza imbere ubumenyi ku bukungu n’imari

    Nick Barigye yasabye itangazamakuru guteza imbere ubumenyi ku bukungu n’imari

    Umuyobozi Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), Nick Barigye, yasabye abanyamakuru kurushaho kugira uruhare mu gusobanurira abaturage ibijyanye n’ubukungu n’imari, agaragaza ko gusobanukirwa neza ibyemezo bifatwa n’inzego z’ubukungu bifasha abaturage n’abashoramari gufata ibyemezo bibafitiye akamaro.

    Ibi yabigarutseho mu gikorwa cya Media Open Day cyateguwe na Banki Nkuru y’u Rwanda, kigamije kongera ubufatanye hagati y’iyi banki n’itangazamakuru, ndetse no gufasha abanyamakuru gusobanukirwa neza uko ubukungu bw’igihugu n’urwego rw’imari bikora.

    Mu ijambo rye, Nick Barigye yavuze ko umubare munini w’abasabye kwitabira iki gikorwa ugaragaza ko hari inyota ikomeje kwiyongera mu gusobanukirwa uko ubukungu bw’u Rwanda bukora ndetse n’ingaruka ibyemezo bifatwa bigira ku mibereho y’abaturage.

    Umuyobozi Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), Nick Barigye

    Yagize ati: “Hari ubushake bugenda bwiyongera bwo gusobanukirwa uko ubukungu bw’u Rwanda bukora, uko ibyemezo bifatwa n’uko bigira ingaruka ku buzima bwa buri munsi bw’abaturage. Ni yo mpamvu ibikorwa nk’ibi ari ingenzi cyane.”

    Yasobanuye ko inshingano za Banki Nkuru y’u Rwanda zishingiye ku nkingi eshatu z’ingenzi zirimo kubungabunga ihagaze ry’ibiciro ku isoko, kurinda ituze ry’urwego rw’imari no guteza imbere ubwisungane mu by’imari.

    Nk’uko yabivuze, ihagaze ry’ibiciro rifasha imiryango guteganya ejo hazaza idafite impungenge z’ihindagurika rikabije ry’ibiciro, mu gihe urwego rw’imari ruhamye rutuma abikorera n’abashoramari babasha kwagura ibikorwa byabo bafite icyizere cy’ejo hazaza.

    Yongeyeho ko serivisi z’imari zigeze kuri benshi zituma abaturage babona amahirwe yo kwiteza imbere binyuze mu kubitsa, kwizigamira, kugurizwa no gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga mu bikorwa by’imari.

    Nick Barigye yavuze ko amakuru afitiwe icyizere ari ingenzi mu kubaka ubukungu bukomeye kuko abaturage, ibigo n’abashoramari bafata ibyemezo bishingiye ku byo bazi ndetse n’ibyo biteze mu gihe kiri imbere.

    Yagize ati: “Iyo amakuru asobanutse kandi ari ukuri yubaka icyizere mu bukungu no mu nzego ziwuyobora. Iyo abaturage basobanukiwe neza politiki z’ubukungu, bituma bagira icyizere kandi bikagabanya urujijo.”

    Yashimangiye kandi ko itangazamakuru rifite uruhare rukomeye mu guhuza inzego za Leta n’abaturage, cyane cyane mu gusobanura ingingo ziba zisa n’izikomeye zirimo izamuka ry’ibiciro ku isoko, ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu by’imari, inyungu z’amabanki ndetse n’ituze ry’urwego rw’imari.

    Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubu bufatanye, yavuze ko Media Open Day yubakiye ku ntego eshatu zirimo guha abanyamakuru amakuru binyuze mu biganiro n’inzobere za BNR, kungurana ibitekerezo mu buryo bwisanzuye ndetse no gukomeza gushimangira ubufatanye hagati ya BNR n’itangazamakuru.

    Yanashishikarije abanyamakuru kutagira impungenge zo kubaza ibibazo no gutanga ibitekerezo kuko ari bwo buryo bwo kurushaho gusobanukirwa no gufasha abaturage kubona amakuru yizewe kandi asobanutse.

    Yavuze ko Banki Nkuru y’u Rwanda ishaka gukomeza kubaka urubuga rutuma ubunyamwuga mu itangazamakuru ryandika ku bukungu burushaho gutera imbere, abaturage bakagira ubumenyi bwimbitse ku bijyanye n’imari ndetse n’ubukungu bw’igihugu.

    Nick Barigye yagaragaje ko urwego rw’imari rukomeye rushingira ku bintu bitatu by’ingenzi birimo politiki nziza, ibigo bikomeye ndetse n’abaturage bafite ubumenyi n’ubusobanuro buhagije ku mikorere y’ubukungu n’imari.

    Yasabye abanyamakuru gukoresha neza aya mahirwe yo kwiga no kunguka ubumenyi kugira ngo bakomeze gufasha Abanyarwanda gusobanukirwa neza ibijyanye n’ubukungu, bityo bagire uruhare rufatika mu iterambere ry’igihugu.

    By: Florence Uwamaliya

  • Imikino yo mu nyanja n’umutungo kamere

    Imikino yo mu nyanja n’umutungo kamere

    Amarushanwa akorerwa mu nyanja, haba ay’ubwato, koga, gusiganwa ku mbaho (surfing) cyangwa andi mikino y’amazi, agenda arushaho kwamamara hirya no hino ku isi. Uretse kuba akurura ba mukerarugendo ndetse akaninjiriza amafaranga ibihugu n’abaturage b’aho abera, aya marushanwa ashobora no kugira ingaruka ku rusobe rw’ibinyabuzima byo mu nyanja igihe adateguwe kandi ngo acungwe neza.

    Impuguke mu bidukikije zigaragaza ko ibikorwa byinshi by’abitabira amarushanwa n’abayareba bishobora guhungabanya ubuzima bw’ibinyabuzima byo mu mazi. Mu gihe amarushanwa arimo ubwato bwinshi cyangwa ibikoresho bikoresha moteri, amajwi n’imyuka biva muri ibyo bikoresho bishobora gutera ihungabana inyamaswa zo mu mazi zirimo amafi, udusimba two mu mazi ndetse n’inyamaswa nini nk’udufi n’ibindi binyabuzima biba mu nyanja.

    Ikindi ni uko abantu benshi bateranira ku nkombe z’inyanja, bikongera umubare w’imyanda ijugunywa muri ibyo bice. Amacupa ya pulasitiki, impapuro n’ibindi bikoresho bishobora kurangirira mu mazi bikabangamira ubuzima bw’ibinyabuzima. Hari igihe amafi n’izindi nyamaswa zo mu nyanja bimira iyo myanda cyangwa bikayizingirwamo, bikabaviramo gupfa cyangwa kurwara.

    Abashakashatsi kandi bagaragaza ko ibikorwa by’imikino yo mu nyanja bishobora kwangiza ahantu h’ingenzi ibinyabuzima byororokera. Urugero ni igihe abakinnyi cyangwa ibikoresho byabo banyura ahari ibimera byo mu mazi cyangwa ku nyanja zifite korali (coral reefs). Ibyo bishobora gusenya aho amafi n’utundi binyabuzima tuboneramo ubuhungiro ndetse n’aho twororokera.

    Nubwo bimeze bityo, amarushanwa yo mu nyanja ashobora gutegurwa mu buryo burengera ibidukikije. Abategura amarushanwa basabwa gushyiraho gahunda zo gukusanya imyanda, kugabanya ikoreshwa rya pulasitiki, no gukoresha ibikoresho bitangiza ibidukikije. Ni ngombwa kandi kugena ahantu amarushanwa abera hadashyira mu kaga urusobe rw’ibinyabuzima ndetse no gukangurira abitabira kubungabunga ibidukikije.

    Mu gihe isi ikomeje gushyira imbaraga mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima, amarushanwa yo mu nyanja akwiye gutegurwa mu buryo bubungabunga umutungo kamere. Ibi bizafasha ko abantu bakomeza kwidagadura no kwinjiza amafaranga muri iyi mikino, ariko nanone bikarinda inyanja n’ibiyituye gukomeza kubaho no kugirira akamaro ibisekuru bizaza.

    By: Florence Uwamaliya 

  • Rubavu: Music Awards yatanze icyizere ku bahanzi

    Rubavu: Music Awards yatanze icyizere ku bahanzi

    Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere impano z’urubyiruko no gushyigikira umuziki nyarwanda, ibikorwa bya Rubavu Music Awards and Talent Detection byabereye muri Arena ya Rubavu byasize ibyishimo byinshi ku bahanzi, abafana ndetse n’abayobozi batandukanye bari babyitabiriye. Iki gikorwa cyari kigamije gutahura no kuzamura impano z’abahanzi bakizamuka, kibaha urubuga rwo kwigaragaza no guhura n’abafatanyabikorwa bashobora kubafasha mu rugendo rwabo rwa muzika.

    Abitabiriye iki gikorwa bagaragaje ko ari amahirwe akomeye ku rubyiruko rufite impano ariko rutarabona uburyo bwo kuzimenyekanisha. Abahanzi benshi bakizamuka bahawe umwanya wo kuririmba imbere y’imbaga y’abafana, ibintu bavuga ko byabongereye icyizere ndetse bikabafasha kubona ababakurikira benshi.

    Mu ijambo ryatanzwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, yashimangiye ko ubuhanzi ari imwe mu nkingi z’iterambere ry’urubyiruko ndetse n’ubukungu bw’akarere. Yavuze ko ibikorwa nk’ibi bituma urubyiruko rugaragaza ubushobozi bwarwo aho kwishora mu bikorwa bidafitiye igihugu akamaro.

    Yagize ati: “Iyo duha urubyiruko amahirwe yo kwerekana impano zarwo, tuba turwubakira ejo hazaza heza. Rubavu ifite impano nyinshi kandi tuzakomeza gushyigikira ibikorwa bibafasha kuzamuka no kugera ku rwego mpuzamahanga.”

    Minisitiri w’umuco Dr.Utumatwishima Abudala nawe yagaragaje ko Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere impano z’abakiri bato. Yashimye abateguye Rubavu Music Awards kubera uruhare rwabo mu gufasha urubyiruko kubona amahirwe yo kwiteza imbere binyuze mu buhanzi.

    Yagize ati: “Impano ni umutungo w’igihugu. Iyo urubyiruko rubonye urubuga rwo kwigaragaza, igihugu cyose kirunguka. Turashimira abateguye iri rushanwa kuko rifasha urubyiruko kugira icyizere, gukora cyane no gutekereza ejo hazaza habo.”

    Minisitiri Dr.Utumatwishima Abdallah

    Abahanzi batandukanye bitabiriye iri rushanwa bagaragaje ko bishimiye uburyo ryateguwe ndetse n’amahirwe ryabahaye. Umuhanzikazi Bwiza wari umwe mu batumirwa b’imena yavuze ko yishimiye kubona urubyiruko rufite impano rwigirira icyizere kandi rugaharanira kugera kure.

    Yagize ati: “Nanjye natangiye nkiri umuhanzi ukizamuka. Iyo mbona urubyiruko ruhabwa amahirwe nk’aya numva nishimye cyane kuko hari benshi bazavamo ibyamamare by’ejo.”

    Umuhanzi Lederman  na Bwiza  bashimye abafana n’abateguye iki gikorwa, avuga ko ari urubuga rwiza rwo gufasha impano nshya kugera ku rwego rwo hejuru.

    Abafana bari bitabiriye ku bwinshi bagaragaje ibyishimo byinshi, bavuga ko bishimiye kubona impano nshya ndetse no guhura n’abahanzi bakunda. Bamwe mu bahanzi bari mu marushanwa bavuze ko kuba bararirimbiye imbere y’imbaga nk’iyo byabahaye imbaraga zo gukomeza gukora umuziki.

    Abasesenguzi b’ibijyanye n’imyidagaduro bavuga ko ibikorwa nk’ibi bishobora kugira uruhare rukomeye mu kuzamura urwego rw’umuziki wo mu Ntara y’Iburengerazuba, cyane cyane mu Karere ka Rubavu kamaze kugaragaza impano nyinshi mu myaka ishize.

    Rubavu Music Awards and Talent Detection ntabwo yari igamije gutanga ibihembo gusa, ahubwo yari uburyo bwo guhuza impano, abafana, abaterankunga n’inzego z’ubuyobozi kugira ngo hubakwe urwego rw’ubuhanzi rutanga akazi, rwinjiza amafaranga kandi rugafasha urubyiruko kwiteza imbere.

    Abitabiriye iki gikorwa basabye ko cyakomeza kuba ngarukamwaka, kuko gifasha impano nyinshi kubona urubuga rwo kwigaragaza no kugera ku nzozi zabo. Bagaragaje ko Rubavu ifite ubushobozi bwo kuba kimwe mu bigo bikomeye by’imyidagaduro n’umuziki mu Rwanda, mu gihe ibikorwa nk’ibi byakomeza gushyigikirwa.

    Ku bahanzi bakizamuka, Rubavu Music Awards yabaye ikimenyetso cy’icyizere n’intangiriro y’urugendo rushya ruganisha ku ntsinzi no kumenyekana mu muziki nyarwanda.

    By: Florence Uwamaliya 

  • Amasezerano ya Iran na Amerika: Ibi ni ibyavuzwe na bamwe mu bategetsi bo ku isi

    Amasezerano ya Iran na Amerika: Ibi ni ibyavuzwe na bamwe mu bategetsi bo ku isi

    Umunyamabanga mukuru wa ONU, António Guterres, yatangaje ko yishimiye “itangazo ry’amasezerano y’amahoro ya Amerika na Iran”.

    Mu itangazo ry’umuvugizi we, Guterres yagize ati: “Ibi bisobanuye intambwe iganisha ku kurangiza aya makimbirane mu mahoro”.

    Mu itangazo rimwe, abategetsi b’Ubwongereza, Ubufaransa, Ubudage n’Ubutaliyani batangaje ko bazakorana bya hafi na Amerika na Iran kugira ngo aya masezerano ashyirwe mu ngiro.

    Iryo tangazo ryabo rigira riti: “Turashima Amerika na leta ya Iran n’abandi babigizemo uruhare, harimo Pakistan, Qatar n’abandi bahuza kuri iyi ntambwe muri dipolomasi.

    “Uyu ni umwanya w’amahirwe yo gusubizaho amahoro mu karere no kongera gukomeza ubukungu bw’isi.”

    Minisitiri w’intebe w’Ubuyapani Sanae Takaichi ari mu ba mbere batangaje ko bishimiye aya masezerano.

    Sanae yavuze ko Ubuyapani “bwizeye cyane” ko “guca mu muhora wa Hormuz mu mutekano bizashyirwa mu bikorwa, kandi amasezerano ya nyuma ku ngufu za nikleyeri za Iran azagerwaho vuba bishoboka”.

    Minisitiri w’intebe wa Australia Anthony Albanese yavuze ko yizeye ko aya masezerano azageza “ku mahoro afatika kandi arambye”.

    Albanese avuga ko “mu gihe gusana ibyangiritse bizafata igihe kirekire, gusubizaho iyi nzira y’ingenzi mu bucuruzi ari ingenzi mu koroshya igitutu ku biciro by’ibitoro n’ubukungu, harimo no mu karere kacu”.

  • Ubwongereza: Abana bari munsi y’imyaka 16 baciwe ku mbuga nkoranyambaga, ibi ubundi bishyirwa mu ngiro gute?

    Ubwongereza: Abana bari munsi y’imyaka 16 baciwe ku mbuga nkoranyambaga, ibi ubundi bishyirwa mu ngiro gute?

    Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza yatangaje ko abana batarengeje imyaka 16 babujijwe gukoresha imbuga nkoranyambaga muri icyo gihugu.

    Keir Starmer yavuze ko imbuga nkoranyambaga zirimo gutera agahinda mu bana, gutuma bibasirwa, kandi “zikoze ku buryo zibahindura imbata”.

    Starmer yongeyeho ko iki cyemezo ari ikintu “buri mubyeyi yifuzaga”.

    Iki ni icyemezo cyashimije bamwe mu babyeyi n’imiryango iharanira uburenganzira bw’abana, ariko bamwe mu bana batagejeje iyo myaka babwiye BBC ko bababajwe n’iki cyemezo.

    Imbuga zizaba zibujijwe kuri abo bana zirimo Snapchat, TikTok, YouTube, Instagram, Facebook na X, nk’uko leta y’icyo gihugu ibitangaza.

    Urutonde rurambuye rw’izizaba zibujijwe ntabwo ruratangazwa.

    Starmer yavuze ko leta ye yumvise kandi ikigira ku bindi bihugu nka Australia aho itegeko nk’iri ririmo gushyirwa mu bikorwa.

    Iri tegeko rya leta rigomba guca mu nteko ishingamategeko, yaryemeza rigatangira kubahirizwa mu ntangiriro z’umwaka utaha.

    Itegeko nk’iri rishyirwa mu bikorwa gute?

    Imbuga nkoranyambaga ni ‘platforms’ z’ibigo byigenga, byinshi biba bikorera hanze y’ibihugu bishyiraho amategeko nk’iri Ubwongereza bwiyemeje gushyiraho.

    Ibihugu byinshi ku isi, harimo n’ibyo mu karere nk’u Rwanda, byamaze kwerekana impungenge bitewe n’ingaruka z’imbuga nkoranyambaga ku bana, ndetse bimwe birimo gutekereza ku mategeko nk’iri.

    Mu gushyira mu bikorwa iryo tegeko, leta y’Ubwongereza ivuga ko hazakoresha uburyo bwayo “bwizewe cyane bwo kugenzura imyaka” – ikintu na biriya bigo bifite izo mbuga bisanzwe bikoresha mu kwemeza imyaka y’ushaka kuzijyaho.

    Keir Starmer atangaza icyemezo cyafashwe na leta ye cyo guca abatagejeje ku myaka 16 ku mbuga nkoranyambaga

    Insiguro y’isanamu,Keir Starmer atangaza icyemezo cyafashwe na leta ye cyo guca abatagejeje ku myaka 16 ku mbuga nkoranyambaga

    Hari kandi gusaba kompanyi zifite ziriya mbuga gukoresha ikoranabuhanga ribasha kugereranya nta kwibeshya cyangwa kugenzura imyaka – nko gukorera isura ‘scan’ no kwaka indangamuntu.

    Ikigo gishinzwe itumanaho cya leta y’Ubwongereza, Ofcom, cyasabwe gukora inyigo yihuse yo kumenya uburyo buruta ubundi bwo kugenzura niba umuntu arengeje imyaka 16.

    Mu Bwongereza, imbuga zimwe, harimo n’izibaho amashusho ya ‘pornography’, zibanza gukora igenzura ry’imyaka mu kubuza abana kubona amashusho yagenewe abantu bakuru.

    Ariko bene ubwo buryo bwose bwagiye bunengwa cyane n’abaharanira uburenganzira bavuga ko gusaba umuntu indangamuntu ye cyangwa amakuru ya ‘biometric’ ye ari ugushyira mu kaga amakuru bwite y’umuntu, n’umutekano we.

    Hari impungenge zagaragajwe mbere z’ubushobozi bw’urubyiruko rutagejeje ku myaka 16 bwo gukoresha virtual private networks (VPNs) mu kurenga ku mategeko nk’aya.

    Keir Starmer avuga ko bazi neza ko bamwe mu rubyiruko bazagerageza guca ku ruhande rw’itegeko bagakoresheje ubwo buryo.

  • Rwanda: Umukinnyi wa ‘porn’ yavuze ko ‘yagurishijwe’ i Burayi

    Rwanda: Umukinnyi wa ‘porn’ yavuze ko ‘yagurishijwe’ i Burayi

    Umukinnyi wa filimi za ‘pornography’ wo mu Rwanda yatangaje ko yakorewe icuruzwa ry’abantu akajyanwa mu mahanga ku nyungu z’undi muntu, ashinja ko yabikoreye n’abandi bakobwa nibura bane.

    Noeline Narubega wamenyekanye mu Rwanda mu myaka ishize nka Isimbi Noeline, yatangaje ko ibikorwa avuga ko ari ubucuruzi bw’abantu bushingiye ku masezerano yo gushyingirwa k’uburiganya kugira ngo bajyanwe hanze ku nyungu z’undi.

    Yashinje ibyo bikorwa umugabo ukomoka mu burasirazuba bwa Congo ufite ubwenegihugu bwa Finland wagiye muri icyo gihugu cy’iburayi aciye mu Rwanda nk’impunzi.

    Umugabo yashinje cyangwa inzego z’iperereza ku byaha mu Rwanda ntacyo baravuga ku byo yatangaje.

    Abagore n’abakobwa bo mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere ni bamwe mu bibasirwa by’umwihariko n’icuruzwa ry’abantu hagamijwe inyungu bakajyanwa gukora ibikorwa binyuranye mu bihugu bya Aziya n’ibindi by’i Burayi.

    Noeline avuga ko yatanze amakuru y’ibyo yakorewe n’uwo ashinja ku rwego rushinzwe iperereza ku byaha mu Rwanda ariko ko rutayakoreyeho, ko ari yo mpamvu yahisemo kubitangaza ku mugaragaro. BBC ntiyashoboye kugenzura ibi avuga mu buryo bwigenga.

    Ashinja uwo mugabo gutanga ruswa ku bakuriye umwe mu mirenge (sector) wo mu majyaruguru ashyira uburengarazuba bw’u Rwanda kugira ngo bashyingire abantu, barimo n’abavandimwe bavukana, hagamijwe kubona inyandiko z’uko bashakanye kugira ngo bajyanwe mu mahanga mu nyungu ze.

    Na we avuga ko ari ubwo buryo yajyanywe mu mahanga, nyuma yo “gushyingirwa k’uburiganya” yizejwe “ibintu atabonye”.

    Yagize ati: “Mbona naracurujwe mu nyungu” z’uwo mugabo “kandi amaze kubikorera n’abandi bakobwa nibura bane”.

    Noeline avuga ko ari uwa mbere usohotse akavuga icyo kibazo ariko ko n’abandi babikorewe bashobora kuzatinyuka bakavuga.

    Uyu mukobwa yamenyakanye mu Rwanda ubwo yangirwaga guhatana mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019 kuko atari yujuje bimwe mu bisabwa.

    Nyuma yaje kuboneka yarafunguye urubuga kuri Onlyfans, urubuga rw’abiyandikisha kugira ngo bahabwe amashusho y’ubwambure.

    Nyuma yaje gutangaza ko asigaye akina filimi za pornography i Burayi. Ni ubwa mbere avuze ko yajyanyweyo mu buryo bwo gucuruzwa kw’abantu.

    Leta y’u Rwanda yagiye itangaza ingamba yafashe mu kurwanya icuruzwa ry’abantu mu buryo butandukanye.

    Muri izo ngamba harimo itegeko ryo mu 2018 rishyiraho ibihano ku icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu mu bandi mu bikorwa birimo “guha cyangwa gushakira undi akazi, utwara, wimura, uhisha cyangwa wakira undi muntu” hakoreshejwe ibirimo “ibikangisho, uburiganya, ubushukanyi, kumubonerana kubera ububasha umufiteho cyangwa kubera ko ari umunyantege nke” n’ibindi.

    Src:BBC

  • #WC2026: Graham Potter utoza Suède yarumwe ugutwi

    #WC2026: Graham Potter utoza Suède yarumwe ugutwi

    Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Suède, Graham Potter, wakomerekeye mu gikorwa cyo kwishimira intsinzi yakuye kuri Tunisia y’ibitego 5-1, yavuze ko akeka ko ashobora kuba yarumwe ugutwi.

    Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Kamena 2026, ni bwo hakomeje imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho Suède yakinnye na Tunisia kuri Estadio Monterrey muri Mexique.

    Mu kiganiro n’igitangazamakuru yagiranye na Sportbladet nyuma y’uyu mukino, Graham Potter, yabajijwe icyo yabaye ku gutwi kuko yagaragaye ava amaraso, avuga ko atazi uko byagenze ariko hari uwagize uruhare mu kumukomeretsa.

    Ati “Ntabwo nzi ikintu nabaye. Wenda hari umuntu waje ankurura ugutwi cyangwa aranduma. Ndaza kubanza kureba amashusho kugira ngo menye uko byagenze.”

    Ibitego byahesheje intsinzi iki gihugu cy’i Burayi byatsinzwe na Yasin Ayari watsinze bibiri, Alexander Isak, Viktor Gyökeres na Mattias Svanberg. Igitego rukumbi cya Tunisia cyabonetse muri uyu mukino cyinjijwe na Omar Rekik.

    Kugeza ubu Suède ni yo iyoboye Itsinda F mu Gikombe cy’Isi, igakurikirwa n’u Buholandi n’u Buyapani byanganyije ibitego 2-2 mu mukino wa mbere.

  • Bruce Melody yegukanye igihembo cy’umuhanzi ukunzwe muri Rubavu Music Awards & Talent Detection

    Bruce Melody yegukanye igihembo cy’umuhanzi ukunzwe muri Rubavu Music Awards & Talent Detection

    Bruce Melodie yegukanye igihembo cy’umuhanzi ukunzwe cyane mu Karere ka Rubavu, mu birori byo gushimira abahanzi bo muri aka karere bitwaye neza mu mwaka wa 2025-2026.

    Discover more

    Local News

    Online News Subscription

    Sports News Coverage

    Ibi birori bikubiyemo n’ibihembo byiswe ‘Rubavu Music Awards & Talent Detection’ byabaga ku nshuro yabyo ya kabiri. Byatangiwe mu nyubako yitwa ‘Kivu Intare Arena’.

    Ni ibirori byabaye mu ijoro ryo ku wa 13 Kamena 2026 byitabirwa n’abantu banyuranye barimo na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah.

    Uretse Bruce Melodie, abandi begukanye ibihembo barimo Josskid wegukanye icya ‘Best Male Artist’, Fica wegukanye icya ‘Best R&B Artist’. Kanyota we yegukanye icya ‘Best Female Artist’.

    Itsinda ry’abavandimwe ‘Alicia &Germaine’ ryegukanye igihembo cya ‘Best Gospel Artist’, Big Deal yegukana icya ‘Best director’, Phill Pauz yegukanye icya ‘Best Hip Hop Artist’, mu gihe Rugamba Logan yegukanye icya ‘Best Boost Artist’.

    Indirimbo ikunzwe i Rubavu yatowe ni ‘Cebo ya T Blaise na Kanyota, Producer w’umwaka we aba Bertz Beat. Umuhanga mu kuvanga imiziki w’umwaka yabaye Selekta Dady, naho indirimbo ifite amashusho meza iba Ibendera y’itsinda rya Alicia& Germaine.

    Bruce Melodie we yegukanye igihembo cy’umuhanzi ukunzwe cyane mu karere ka Rubavu.

  • Ayatollah Khamenei agiye gushyingurwa nyuma y’amezi hafi atanu yishwe

    Ayatollah Khamenei agiye gushyingurwa nyuma y’amezi hafi atanu yishwe

    Ubuyobozi bwa Iran bwatangaje igihe uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga w’iki gihugu, Ayatollah Ali Khamenie, wishwe n’ibitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel, azashyingurirwa.

    Amakuru yatangajwe na Reuters dukesha iyi nkuru, avuga ko ikiriyo cye kizatangira ku wa 4 Nyakanga 2026, akazashyingurwa ku wa 9 Nyakanga.

    Biteganyijwe ko ibikorwa by’ikiriyo bitazangirira mu Mujyi wa Tehran, birangire ashyingurwa ku ivuko mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bw’Umujyi wa Mashhad.

    Khamenei yishwe ku munsi wa mbere w’ibitero bya Leta Zunze Ubumwe na Israel kuri Iran ku wa 28 Gashyantare 2026.

    Uyu mugabo wari ufite imyaka 86, yari amaze imyaka 36 ayobora Iran.

    Nubwo amategeko y’idini ya Islam, ateganya ko umuntu wapfuye ahita ashyingurwa bitarenze amasaha 24, irengayobora riremewe mu gihe cy’intambara ari na byo byabaye kuri Khamenei.

    Ku butegetsi bwe, Khamenei yubatse Iran nk’igihugu gikomeye gihanganye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Umuhungu wa Khamenei w’imyaka 56, Khamenei Motjaba ni we wahise asimbura se nk’Umuyobozi w’Ikirenga.