Drone y’Uburusiya yaturikiye ku nzu ya ‘apartment’ muri Romania ikomeretsa abaturage
Indege y’intambara yo mu bwoko bwa ‘drone’ yaturikiye ku nzu ya ‘apartment’ muri Romania itera inkongi y’umuriro inakomeretsa abantu babiri, nk’uko byatangajwe na minisiteri y’ingabo y’iki gihugu mu gitondo kuri uyu wa gatanu,
Byabereye mu mujyi wa Galati wo mu burasirazuba mu gihe Uburusiya bwariho bugaba ibigero muri Ukraine hafi y’umupaka na Romania, nk’uko iyo minisiteri ibivuga.
Ikigo gishinzwe ubutabazi muri Romania cyavuze ko ibiturika byose iyi drone yari itwaye hamwe na yo, byaturitse, bigatera umuriro ku igorofa rya 10 ry’iyi apartment.
Mu myaka ine ishize y’intambara ‘drones’ z’Uburusiya zagiye ziyobera mu bihugu byo hafi ya Ukraine biri muri OTAN, ariko ubu ni ubwa mbere abaturage ba Romania bahakomerekeye.
Inzego z’ubutabazi zivuga ko abantu babiri bajyanywe kwa muganga kuvurwa ibikomere naho abagera kuri 70 bikaba ngombwa ko bavanwa mu nzu zabo kubera umuriro.
Indege ebyiri z’intambara za F-16 zahise zihaguruka ikubagahu ubwo drones z’Uburusiya zabonwaga mu kirere cya Romania, nk’uko minisiteri y’ingabo zaho ibitangaza.
Mu itangazo bagize bati: “Imwe muri izo drones zinjiye mu kirere cya Romania, yabonywe na radar ikinjira mu mujyi wa Galati, yihonda ku gisenge cy’inzu ya ‘apartment’, ibyahise bivamo umuriro”.
![]()

