OMS itangaza ko Ebola iri kwadukira amajyepfo ya Kongo, igashaka ko u Rwanda rwitegura kurushaho

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima, OMS, ritangaza ko indwara ya Ebola muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo iri kwadukira amajyepfo y’iki gihugu mu turere dufite ibyago byinshi byo kwibasirwa n’amakimbirane.

OMS yatangaje ko benshi mu barwayi ba Ebola babonetse uyu mwaka ari ab’ahitwa Katwa, mu majyepfo y’ahazwi nk’indiri yayo mu mujyi wa Beni uri mu burasirazuba bw’iki gihugu.

Ndetse hari n’abatangajwe ko babwaye iyi ndwara mu gace k’ibikorwa by’ubuzima ka Kayina, aho imirwano yatumye bikomerera abakora mu bikorwa by’ubuzima kuba bagenzura abashobora kwandura Ebola.

Akarere ka Kayina kari ku muhanda munini werekeza mu mujyi wa Goma uri ku mupaka wa Kongo n’u Rwanda.

OMS yatangaje ko ubu igiye kohereza amatsinda mu Rwanda yo kongerera iki gihugu ubushobozi bwo kwitegura kuba cyashobora guhangana na Ebola.

Abantu bagera hafi kuri 450 ni bo bamaze guhitanwa n’iyi ndwara ya Ebola muri Kongo kuva yatangazwa ko yongeye kwaduka mu kwezi kwa munani k’umwaka ushize wa 2018.

Ni ku nshuro ya 10 Ebola yadutse muri Kongo, kuva yakwaduka muri iki gihugu bwa mbere mu mwaka wa 1976.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *