Minisitiri w’Uburezi yanenze bikomeye ababyeyi bafasha ibigo by’amashuli kongera Minerval

Minisitiri w’Uburezi, Dr Mutimura Eugene yihanije abayobozi b’ibigo by’amashuli ko badakwiriye kongeza amafaranga y’ishuri ndetse anenga bikomeye ababyeyi bahagarariye abandi babafasha muri iyi migambi mibi yo kongeza aya mafaranga.

Dr Mutimura yabwiye ababyeyi bafatanya n’abayobozi mu gutumbagiza amafaranga yakwa ababyeyi batitaye ku bushobozi bw’abandi ko bidakwiriye kabone nubwo bo baba bayafite.

Yagize ati“Hari ababyeyi baba muri komite bitwa ngo bahagarariye abandi, ugasanga ni bo bafatanya n’abayobozi b’amashuri kumvikana no gushyiraho inyongera ku mafaranga y’ishuri, ibi ntibikwiye.”

Minisitiri w’Uburezi yavuze ko aba babyeyi bashyigikira ibigo kongeza amafaranga y’ishuli bahemukira bagenzi babo kuko haba hari abatishoboye baba barerera muri icyo kigo bananirwa kuyishyura abana babo bakava mu ishuli.

Minisitiri Mutimura yasabye ababyeyi gutahiriza umugozi umwe, bakareba niba ibyo abayobozi b’ibigo abana babo bigaho basaba bikenewe mu by’ukuri, cyangwa bitari ngombwa,babona ko hari ibikenewe kugira ngo ishuri ritere imbere bakabyumvikanaho.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *