Kamonyi: Rubyiruko muri nkingi ikomeye mukubumbatira  igihungu mufite ubuzima buzira indwara. Mayor

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Sylvere Nahayo, yasabye urubyiruko kugendera kure ikintu cyose cyabavutsa ubuzima, abibutsa ko bagomba kwirinda ibiyobyambwenge  ndetse n’icyorezo cya SIDA, n’inda z’imburagihe  bategura ejo heza habo.

Ni ubutumwa yatanze ku wa 22 Nzeri 2023 mu bukangurambaga bwo kongera ubumenyi mu kwirinda virusi itera SIDA mu gikorwa cyaranzwe n’imikino mu mupira w’amaguru hagati y’imirenge yo muri Ako Karere.

Ubu bukangurambaga bwateguwe ku bufatanye na FXB Rwanda, The Global Fund na RBC n’Akarere ka Kamonyi.

Mu mikino yabereye kuri Stade ya Ruyenzi yahuje amakipe y’I mirenge ine yo mu Karere ka Kamonyi igikombe cyegukanwe n’Umurenge wa Runda.

Umurenge wa Gacurabwenge wegukanye umwanya wa kabiri naho uwa Rukoma uba uwa gatatu mu gihe uwa Musambira ari wo waherekeje iyindi mirenge mu  mwanya wa nyuma nkuko bari baserukiye imirenge yabo mu gikorwa cy’ubukangurambaga.

Senderi Eric akaba Umuhanzi  ukunzwe n’urubyiruko  uzwi cyane kw’izina rya international Hiti ,yasusurukije urubyiruko rwaraho ,anarusaba kwirinda ingeso mbi zarushora mu businzi , ndetse n’ubusambanyi hamwe n’ubuzererezi

Eric Mushimiyimana, n’umukozi wa FXB Rwanda yavuze yatangarije abari bitabiriye uwo muhango ko kutagira amakuru ku cyorezo cya SIDA biri mu bituma urubyiruko rwishora mu ngeso mbi, zirimo n’ibiyobyabwenge, biri mu bituma bandura icyo cyororo cya Virus itera Sida.

Eric Mushimiyimana, umukozi wa FXB Rwanda

Yagize ati ” Ubwo bumenyi n’ubwo bukungu ntitwabugeraho tudafite ubuzima buzima, rero tukababwira ko dukwiye gufata ingamba twirinda ubwandu bushyashya bwa virusi itera SIDA ndetse tunegera na serivisi zitandukanye z’ubuzima buri wese areba uko ahagaze.”

Yakomeje  ashimiye  abitabiriye izo serivisi zo kwipimisha ku bushake zari ziraho  kuri stade Ruyenzi  dore ko ntakiguzi byasabaga.

Dr Nahayo Sylvere,  Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yagarutse  k’urubyiruko nk’imbaraga z’igihugu  azisaba kuba maso zikumvako arizo nkingi z’iterambere zejo gazaza z’ifite ubuzima buzira umuze  mu kuyobora igihungu .

Dr Nahayo Sylvere,  Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi

Yagize Ati “Mujye mubiha agaciro mwirinde ikintu cyabavutsa ubuzima, mwirinde ikintu cyabahungabanya, mwirinde ikintu cyatuma igihugu cyacu cyiza, gifite imbere heza mutazakibonekamo Kandi arimwe dutezeho byose.”

Yakomeje agaragaza ko imikino kumpande zose yari myiza n’umbwo Bose batatwaye igikombe Arko babonye ibihembo Kandi bagize  uruhare rukomeye mu gukangurira urubyiruko kwirinda virusi itera Sida babicishije mu mikino.

By: Uwamaliya Florence

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *