AmakuruMu MahangaNewsUncategorized

Israel yijeje guhana umusirikare wayo watamitse itabi ishusho ya Bikira Mariya

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyatangiye iperereza ku musirikare wacyo wafotowe atamika itabi ishusho ya Bikira Mariya ubwo yari muri Liban.

Amafoto yagiye hanze agaragaza uyu musirikare afite itabi mu kanwa, ndetse n’irindi mu kiganza ari kuritamika ishusho ya Bikira Mariya.

Mu itangazo igisirikare cya Israel cyashyize hanze ku wa 6 Gicurasi 2026, cyavuze ko kigiye gukora iperereza ku myitwarire y’uyu musirikare, kandi ko azahanwa.

Amakuru y’ibanze yagiye hanze agaragaza ko iyi foto yafatiwe mu cyaro gituwe cyane n’abakirisitu muri Liban kizwi nka Debel. Yafashwe mu byumweru bishize, gusa yagiye hanze ku wa Gatatu.

Ntiharamenyekana impamvu uyu musirikare yakoze iki gikorwa, gusa cyarakaje Abakirisitu by’umwihariko abayoboke ba Kiliziya Gatolika bafata Bikira Mariya nk’umubyeyi wa Yezu wajyanywe mu ijuru.

Bibaye mu gihe abasirikare ba Israel bamaze iminsi bashinjwa gukorera muri Liban ibikorwa byibasira imyemerere y’abandi, nyuma y’undi musirikare wagaragaye yangiza ishusho ya Yezu.

Israel yijeje guhana umusirikare wayo watamitse itabi ishusho ya Bikira Mariya

Loading