Hakozwe urugendo rwiswe ‘Walk in her Shoes’ hagamijwe kuzirikana imvune z’abagore

Urugendo rwiswe ‘Walk in her Shoes’ hagamijwe kuzirikana imvune z’abagore, n'igikorwa cyahuje abatari bake kuri uyu wa Gatanu taliki ya 10 Werurwe 2017, m'Umujyi wa Kigali,biteguwe  n'umuryango Care Internationa  usanzwe ukora ibikorwa bitandukanye birimo no kongerera ubushobozi umugore mu bikorwa by’iterambere mu bukungu, guharanira uburenganzira bw’abagore  no kurwanya ihohoterwa ribakorerwa n’irikorerwa abana b’abakobwa,uyu muryango ukaba ukorera mubice hafi ya byose mu Rwanda,aho kur'ubu ukorana n’abagore ibihumbi 600 bo mu turere 24 mubikorwa bitandukanye birimo iby'ubuvugizi,ndetse n'ibyiterambere.

Nkuko byasobanuwe na bwana  Geoffrey MUNYANEZA KAYIJUKA ufite munshingano ze  ibikorwa bigamije guteza imbere urubyiruko mur'uyu muryango wa  Care International Rwanda yatangaje  ko urugendo rwakozwe ahanini rwari rugamije kuzirikana imvune benshi mubagore babarizwa mu bihugu bikennye bahura na zo mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Yagize ati:"Impamvu y'iki gikorwa s'ukugendera mu nkweto zabo gusa (Walk in Her Shoes) ibi bivugwa  muri iy'insanganyamatsiko, ahubwo ni ukuzirikana imvune bahura nazo n'inyigisho twe dukuramo bityo ikigamijwe akaba ari ukwitanga kugirango hagobokwe ubuzima bwa benshi bakomeje guhura n'akaga kabakururira mubuzima buruhije".

Ubu bukangurambaga bufite insanganyamatsiko yiswe  ‘Walk in Her Shoes’ bwakozwe hagamije kwegeranya inkunga izafasha umuryango  Care International guteza imbere imibereho y’abagore n'abakobwa baherereye mu  bihugu bigaragaramo ubukene ,ku ikubitiro hakaza ibyo  munsi y'ubutayu bwa Sahara.

Imiryango imwe n'imwe ikorera hano mu Rwanda ifite mu inshingano zayo kurengera no kuzamura imibereho y'Umugore,ni bamwe mubari bitabiriye uru rugendo aho bafashe n'umwanya wo kwerekana bimwe mubyo bagezeho ndetse n'ibyo bakora hagamijwe gushishikariza umugore kurushaho kwishakamo ibisubizo.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *