Gasabo : Hatangijwe gahunda yokuboneza urubyaro kubagabo

Kuri  uyu  wa  Gatandatu   taliki  ya  13 Ukwakira 2018 mu karere  ka  Gasabo  kubitaro  bya  Kibagabaga, hatangijwe  igikorwa  cy’ubukangurambaga  kubaganga  n’abajyanama b’ubuzima  ndetse  n’Itangazamakuru,  mu rwego rwo gukangurira  abantu  kuboneza  urubyaro by’umwihariko   abagabo (vasectomy).

Mu  ijambo  rye  Umuyobozi  w’ibitaro  bya  Kibagabaga  Dr Mutaganzwa   Avite  ubwo  yatangaga  ikaze  kubari  baje gukurikirana  iki  gikorwa  cyo  kuboneza  urubyaro  kubagabo, yashishikarije  abaganga  bagenzi  be, kurushaho  gusobanukirwa  neza  ukuntu  ubu  buryo  bukoreshwa, hagamijwe  kuzafasha  abagabo  bose   bazabagana  bifuza  kuboneza  urubyaro.

Dr Mutaganzwa Avite uyobora ibitaro bya Kibagabaga

Umwe   mu batangabuhamya  witwa  Hategekimana  Ignace  afatanije  n’Umugore   we  Mukanyandwi  Germaine  bafitanye  abana  batanu  ,batangaje ko   bafashe  iyambere   mu kuringaniza  urubyaro  aho  bamaze  igihe  cy’imyaka  umunani  bishimira  impinduka  byabazaniye  ziganisha  ku  iteranbere ,uruhare  runini  rukaba  icyemezo  bumvikanye   ho  bombi, bityo  umugabo  nawe  akaboneza  urubyaro  (vasectomy) aribyo  bikunze  kwitwa  kwifungisha  kubagabo.

Hategekimana Ignace n’Umugore we Mukanyandwi Germaine ni abahamya b’ibyiza byo kuboneza urubyaro ku bagabo.

Muri  iki  gikorwa  kandi  hifashishijwe  iyakure, herekanwe  umugabo  w’imyaka  48  witwa   Jean  Pierre akaba  ari  Umunyarwanda  utuye   mu   gihugu  cya   Canada , aho  yari  arimo  gukorerwa  igikorwa  cyo  kwifungisha, mu buhamya  bwe  akaba  yaratangarije  abamurebaga  ko  ntamugabo   ukwiye  guterwa  impungenge  no kuringaniza  urubyaro  kuko  bitababaza ,bitwara  akanya  gato,kandi  ntibigire  ingaruka,  ahubwo  bikaba  uburyo  bwiza  bwo  kugera  ku  iterambere  mu muryango.

Jean Pierre Umunyarwanda utuye mu gihugu cya Canada waringanirijwe urubyaro imbona nkubone abantu babikurikirana hifashishijwe ikoranabuhanga.

Dr Anicet  Nzabonimpa  umukozi  wa  Minisante  mu   kigo  cya RBC ufite mu nshingano gahunda  yo  kuringaniza  urubyaro ,akaba  ari  nawe  uhagarariye  ikigikorwa  cya    vacetomy ,yagize  ati:”Ntitwagena  umubare  w’abana  bazavuka  hirengagijwe  uhare  n’icyemezo  gikwiye  gufatwa  n’umugabo ,bityo  abagabo  bakaba  bakwiye  gufashwa  guhindura  imyumvire  kuri  iki  kibazo  gihangayikishije   Isi   muri  rusange”.

Dr Anicet Nzabonimpa umuyobozi wa gahunda yo kuboneza urubyaro kubagabo.

Yagarutse  kugikorwa  cyo  kuboneza  urubyaro  cyane  kubagabo,  ashingiye  ahanini  kukuba  aribo  babigiramo  uruhare  runini mu kubyara  cyane  kabone  niyo  umugore  yaboneza  urubyaro,  nyamara  umugabo  atiyumvisha  neza  ingaruka  ziri  mukubyara  benshi, amuca  inyuma  akabyara  ahandi ,mu gihe  umugabo  wamenye  ko  kuboneza  urubyaro  aringombwa  akanabikora,  aba  atandukanye  n’ibibazo  bya  hato  na hato biterwa no kubyara abo utazabasha   kurera,  kandi  iterambere  rikihuta   mu muryango.

Dr Anicet  Nzabonimpa  yaboneye ho kumara impungenge  Abagabo  bashaka  kuboneza   urubyaro,  asobanura  ko  ntazindi  ngaruka  bitera ,akaba  ari  n’igikorwa  gifata  akanya  gato,  aho  umaze  kubikorerwa  aruhuka  iminota 15 gusa  akikomereza  gahundaze.

Kuboneza  urubyaro  ni  gahunda  ya  Leta  igamije  gushishikariza no gufasha  abatuye Igihugu  kubyara  abana  bashoboye  kurera, yaba  kubagaburira, kubishyurira  amashuri, kubavuza  n’ibindi  nkenerwa  kumwana  uri   mu  muryango.

Abaganga bemeza ko kuboneza urubyaro kubagabo nta ngaruka bigira

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *