Senegal yamenye ko hari abashaka gukora Coup d’Etat muri Gambia

Muri raporo yatanzwe n’inzego z’iperereza za Senegal yemeza ko hari amakuru afatika ko hari bamwe mu bahoze bashyikigiye Yahya Jammeh wahoze ayobora Gambia bifuza kuzamugarura ku butegetsi binyuze mu guhirika ubutegetse.

Ubutasi bwa Senegal bwemeza ko abashaka guhitana Perezida mushya Adama Barrow baherereye muri Mauritania, Guinea Bissau no muri Guinea Conakry.

Amakuru ari kunonosorwa n’inzego zitandukanye muri Senegal ngo barebe ireme ryayo habeho gukumira hakiri kare kiriya gikorwa.

Hari bamwe mu bahoze bari mu gisirikare cya Yahya Jammeh bagera kuri 300 baba muri Mauritania bagifitanye imikoranire na we aho ari mu buhungiro muri Guinea Bissau.

Amakuru avuga ko baganira uburyo bazagaruka ku butegetsi bamaze guhirika Perezida watowe n’abaturage muri Gambia, Adama Barrow.

Abakurikirana ibibera hariya bavuga ko amakuru atangwa n’ubutasi agomba gufatanwa uburemere kuko ngo bamwe mu bahoze ari abasirikare ba kabuhariwe mu ngabo za Jammeh bahungiye mu buhigu byegereye Gambia. Ibyo ngo byaba igihamya ko hari abashaka kuzagaruka gusubiza ibintu irudubi.

Jeune Afrique yanditse ko kuba hari bamwe mu bari bashyigikiye Yahya Jammeh basigaye muri Gambia kandi hakaba hari abandi baba mu bihugu bivugwa muri raporo byerekana ko amakuru atangwa ku mugambi wo guhirika ubutegetsi agomba gufatanwa uburemere.

Ibibazo bya Politiki byavutse nyuma y’uko uwahoze ayobora Gambia, Yahya Jammeh yanze kurekura ubutegetsi nyuma yo gutsindwa amatora na Adama Barrow.

Ibi byateye umujinya ibihugu bihuriye mu muryango wa ECOWAS bihatira Yahya Jammeh kwegura cyangwa akagabwaho igitero ariko nyuma ahitamo kujyenda hatabaye intwambara.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *