AmakuruENTERTAINMENTFOOTBALLImikinoImyidagaduroPoliticsPolitikiSportsUncategorized

Bwa mbere mu mateka, FIFA yateguye igitaramo cy’umuziki mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ryemeje ku nshuro ya mbere ko abahanzi bazataramira abafana hagati mu mukino w’umupira w’amaguru wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026, uzabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Byatangajwe ku mugaragaro na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Aganira na Semafor, Infantino yavuze ko abahanzi bazatarama barenze umwe.

Ati “Uzaberamo igitaramo hagati y’igice cya mbere n’icya kabiri. Turi gushyiramo ibyamamare bitandukanye utatekereza. Bwa mbere mu mateka ku nshuro ya mbere tuzagira igitaramo kizaba hagati mu mukino wa nyuma. Abazatarama bazatoranywa na Chris Martin muri Cold Play”.

Uyu mukino utegerejwe na benshi uzaba ku wa 19 Nyakanga 2026 ubere mu kibuga cya “MetLife Stadium” i New Jersey, kizaba cyahinduriwe izina kikitwa “New York New Jersey Stadium” muri aya marushanwa.

The Pulse ivuga ko iki gitaramo kiri gutegurwa ku bufatanye na Global Citizen, isanzwe itegura ibitaramo bya Move Afrika bibera no mu Rwanda, ndetse ko FIFA iri no gutegura ikindi kizabera muri Times Square mu mpera z’icyumweru gisoza ya marushanwa kikazabera muri Canada na Mexico.

Bwa mbere mu mateka, FIFA yateguye igitaramo cy’umuziki mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Loading