Ba Perezida bombi Kagame na Kabila barahurira mu mujyi wa Rubavu

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa 12 Kanama 2016 arahura n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila mu mujyi wa Rubavu.

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Julien Paluku abicishije ku rukuta rwa Twitter ye yatangaje ko Perezida Kabila yaraye mu mujyi wa Goma kugira ngo abone uko yitabira ibiganiro bimuhuza na mugenzi we Perezida Paul Kagame.

Bivugwa ko Perezida Kagame na Kabila baganira ku mubano w’ibihugu byabo ndetse n’uko bakoresha gazi methane iri mu kiyaga cya Kivu ibihugu  byombi bihuriyeho.

Kagame na Kabila baherukaga guhuzwa n’ibiganiro by’imbonankubone bihariye bonyine ku ya 6 Kanama 2009 mu mujyi wa Goma.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *