Amerika yiteguye gutanga ubutabazi kugihugu cya Somaliya

Leta zunze ubumwe z’Amerika, yatangaje ko yiteguye kongera gushigikira leta ya Somaliya, nyuma y’aho icyo gihugu bigaragaye ko kirimo kwibasirwa bikomeye n’ibitero by’iterabwoba ,kuri ubu ikivugwa cyane kikaba ari igitero giheruka guhitana ubuzima bw’abagera kuri 300 hagakomerekeramo nabandi benshi i Mogadishu.

Koloneli Rob Manning, umuvugizi wa Pentagon, muri Minisireri yumutekano  yatangaje kur’uyu wa mbere ko Amerika yiteguye kugira gutera inkunga  leta ya Somaliya mu gihe cyose yaba ibisabye ,ndetse ubu hakaba harimo gutekerezwa kunkunga yatangwa iya ariyo.

Amerika isanzwe ifite  abasirikare 400 muri Somaliya  bagabanijwemo amatsinda abiri,aho itsinda rimwe rishinzwe gutanga inyigisho kungabo za Leta,naho irindi rikaba ari iritanga ibikoresho.

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *