AmakuruHEALTHNewsPolitikiUbuzimaUncategorized

Amazi areka mu ngo hirya no hino muri Kigali niyo ahinduka indiri y’umubu utera Malariya

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Urujeni Martine yasabye abaturage kurangwa n’isuku mu ngo zabo, barwanya ibintu byose byihishamo imibu ishobora gutera Malaria.

Ibi yabigarutseho ubwo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Mata 2026, u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya Malaria.

Ni umunsi wizihirijwe mu Murenge wa Gahanga, mu Kagari ka Kagasa, mu karere ka Kicukiro, aho uyu munsi wahujwe n’igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Mata.

https://googleads.g.doubleclick.net/pagead/ads?client=ca-pub-7378890677867071&output=html&h=280&slotname=4270116443&adk=1678840395&adf=3780131593&pi=t.ma~as.4270116443&w=887&fwrn=4&fwrnh=0&lmt=1777218663&rafmt=1&armr=3&format=887×280&url=https%3A%2F%2Fumuseke.rw%2Fabaha-ubwihisho-imibu-itera-malaria-bahawe-ubutumwa%2F&host=ca-host-pub-2644536267352236&fwr=0&rpe=1&resp_fmts=3&asro=0&aiapmid=0.0001&aiactd=0&aicctd=0&ailctd=0&aimartd=4&aieuf=1&aicrs=1&uach=WyJXaW5kb3dzIiwiMTkuMC4wIiwieDg2IiwiIiwiMTQ2LjAuMzg1Ni42MiIsbnVsbCwwLG51bGwsIjY0IixbWyJDaHJvbWl1bSIsIjE0Ni4wLjc2ODAuODAiXSxbIk5vdC1BLkJyYW5kIiwiMjQuMC4wLjAiXSxbIk1pY3Jvc29mdCBFZGdlIiwiMTQ2LjAuMzg1Ni42MiJdXSwwXQ..&abgtt=7&dt=1777218828519&bpp=1&bdt=77&idt=123&shv=r20260423&mjsv=m202604210101&ptt=9&saldr=aa&abxe=1&cookie=ID%3Db537a1f47eff8333%3AT%3D1777218605%3ART%3D1777218605%3AS%3DALNI_MbDeyMu36sE5ljc2OnzuU6GcnJgjQ&gpic=UID%3D000013d98fc8504c%3AT%3D1777218605%3ART%3D1777218605%3AS%3DALNI_Mae4qBc-iovp2FfV6Nr-1C_ksEtYg&eo_id_str=ID%3D9f3220db82952174%3AT%3D1777218605%3ART%3D1777218605%3AS%3DAA-AfjaTQQ5XgnAvColSL2TIKtuK&prev_fmts=0x0%2C887x280&nras=1&correlator=2731520941617&frm=20&pv=1&rplot=4&u_tz=120&u_his=4&u_h=864&u_w=1536&u_ah=816&u_aw=1536&u_cd=32&u_sd=1.25&dmc=8&adx=76&ady=1700&biw=1513&bih=732&scr_x=0&scr_y=0&eid=42531706%2C95387778%2C95388696&oid=2&pvsid=5152788982033752&tmod=1796989803&uas=1&nvt=1&ref=https%3A%2F%2Fumuseke.rw%2F&fc=1920&brdim=0%2C0%2C0%2C0%2C1536%2C0%2C1536%2C816%2C1528%2C732&vis=1&rsz=%7C%7CEebr%7C&abl=CS&pfx=0&fu=128&bc=31&bz=1.01&pgls=CAEaBTYuOS40~CAEQBBoHMS4xNzYuMA..~CAEQBRoFNC4wLjI.&ifi=3&uci=a!3&btvi=2&fsb=1&dtd=126

Umunsi Mpuzamahanga wo Kurwanya Malaria wizihizwa ku wa 25 Mata buri mwaka, hagamijwe gukangurira isi gufatanya kurandura iyi ndwara iterwa n’imibu.

Mu Rwanda, uyu munsi ushimangira ingamba nko gukoresha inzitiramibu, gutera imiti mu ngo, no kwivuza hakiri kare hagamijwe kugera ku ntego ihari kuri ubu yo kugabanya Malaria ku kigero cya 70% muri 2030.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya Malaria n’izindi ndwara ziterwa n’udukoko muri RBC, Dr Mbituyumuremyi Aimable, avuga ko imirenge ya Gahanga na Masaka ari yo iza imbere mu kugira Malaria nyinshi ahanini bitewe no kuba ikikijwe n’ibishanga.

Gusa akavuga ko habayeho kudohoka kw’abaturage mu kugira isuku.

Ati “Twasanze ibishanga atari byo byonyine, ahubwo dufite amazi twakuruye, tuyavana mu bishanga tuyazana mu ngo zacu. Ariya niyo mabi cyane, ayo mu ngo zacu aba aretse, akaba ubwororokero bw’imibu.”

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Urujeni Martine, na we yasabye abaturage kugira isuku bakuraho ibintu byose bituma imibu yororoka.

Ati “Turasaba abaturage bose gukomeza gukaza ingamba zo kwirinda Malaria, kubasobanurira ububi bwa Malaria ariko tukabereka n’uruhare rwabo.”

Akomeza ati “Ya masafuriya twashyize hariya bikarekamo amazi, ibice by’amajerekani,  mu mapine arekamo amazi, twasanze harimo ubwororokero bwinshi bw’imibu. Ibyobo by’amazi dufite, tubirebe, tubikuremo, tureke kubigira indiri y’imibu.”

Urujeni yasabye kandi abaturage kurangwa n’isuku yaba ku mubiri no ku myambaro.

Ati “Ubwororokero bwa Malaria ni kimwe mu kimenyetso cy’ahari unwanda.Ibyo ni byo tubikoreho ariko isuku ihera kuri Njye.”

RBC ivuga ko akarere ka Kicukiro kugeza ubu gafite abarwayi ba Malaria bagera ku 65000 . Iki kigo kivuga ki mu mwaka wa 2025-2026, abarwayi ba Malaria bageze ku 928.616.

RBC ivuga ko Kicukiro ifite 7% bya Malaria yo mu gihugu hose.

Loading