Burundi: Umupolisi yarashe umugore we ahita apfa

Majoro Nduwimana Prime arashinjwa kwica umugore we amurashishije imbunda y’akazi ya pisitoli, nyuma y’amakimbirane bari bagiranye.

Nduwimana yarashe umugore we mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 4 Ukuboza 2018, mu rugo rwabo ruri i Kajiji, Komini Muha, mu mujyi wa Bujumbura. Abaturanyi bakaba bavuga ko yamurashe isasu ryamwishe ubwo yari asohotse mu nzu yiruka ahunga.

Umwe mu baturanyi wabo yagize ati “Ni muri Kajiji, iruhande yo ku musigiti niho yamurasiye,  yari umugore we,  yatangiye kumurasira mu nzu ariko ayanyuma yayamurashe yiruka; ni ukuvuga ngo yitwa Nduwimana Prime”.

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi, avuga ko uyu mupolisi yarashishije umugore we imbunda yo mu bwoko bwa pisitori yari afite, bityo ngo akaba yanakomerekeje umwana umugore we yari ahetse mu mugongo.

Nduwimana ngo yatawe muri yombi ubu akaba ari mu maboko y’ubushinjacyaha.

Umugore warashwe na Majoro Nduwimana

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *