Ishyaka rya Netanyahu ryatangaje ko azongera kwiyamamariza kuyobora Israel
Ishyaka Likud ryatangaje ko Benjamin Netanyahu azongera guhatanira umwanya wa Minisitiri w’Intebe wa Israel, mu matora ateganyijwe mu mpera za 2026.
Icyemezo cyo kongera kwiyamamaza kwa Netanyahu cyatangajwe n’ubuyobozi bwa Likud kuri uyu wa Gatatu.
Amatora yo muri Israel ateganyijwe mu Ukwakira 2026 nubwo itariki itaratangazwa.
Ni yo matora ya mbere azaba ateguwe muri Israel nyuma y’igitero Hamas yagabye muri iki gihugu ku wa 7 Ukwakira 2023. Iki gitero cyatumye ubutegetsi bwa Netanyahu benshi babunenga kuko batumva uburyo Hamas yabuciye mu rihumye.
Uretse iki gitero, kuva Netanyahu yasubira ku butegetsi mu Ukuboza 2022, ubuyobozi bwe bwaranzwe n’ibibazo bitandukanye birimo imyigaragambyo, gushoza intambara muri Iran, Gaza na Liban.
Ibi byose ni byo byatumye ikusanyabitekerezo ryakozwe muri Kamena 2026 rigaragaza ko 61% by’Abanya-Israel badashaka ko yongera kwiyamamaza.
Mu matora yo muri Israel, abaturage ntabwo batora Minisitiri w’Intebe mu buryo butaziguye, ahubwo batora ishyaka, hagamijwe gutoranywa abagize Inteko Ishinga Amategeko.
Inteko Ishinga Amategeko ya Israel izwi nka Knesset iba igizwe n’Abadepite 120. Ishyaka ryabonye amajwi menshi niryo rigira ubwiganze mu Nteko.
Kuko bigoye ko ishyaka rimwe rishobora kubona ubwiganze (61/120), nyuma y’aya matora Perezida wa Israel akorana n’abayobozi b’amashyaka kugira ngo arebe ufite ubushobozi bwo guhuza bagenzi be bagakora impuzamashyaka.
Iyo mpuzamashyaka imaze gukorwa, ishyiraho Guverinoma. Umuyobozi wayo ni we uhinduka Minisitiri w’Intebe.
![]()

