AmakuruEconomyENTERTAINMENTIkoranabuhangaImibereho myizaImikinoImyidagaduroNewsPoliticsPolitikiPopular NewsRecent NewsUncategorized

RDB igiye kwagura ibikorwa byo kwamamaza Visit Rwanda i Burayi

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangiye gushaka ibigo bibifitiye ubushobozi bishobora kwamamaza gahunda ya Visit Rwanda mu bihugu bitandukanye ku mugabane w’i Burayi.

Ibi bikorwa bizakorwa ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa na Ambasade y’u Rwanda muri Luxembourg.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 9 Kamena 2026, ibigo bizatoranywa bizaba bifite inshingano yo kwamamaza Visit Rwanda mu bihugu birimo u Bufaransa, Luxembourg, Monaco, Espagne, u Butaliyani na Portugal.

Ibyo bikurikiye ibiheruka gutangazwa ko ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze za Amerika hifuzwa abafasha u Rwanda kwamamaza Visit Rwanda muri USA, Bresil, Mexique na Argentine.

Visit Rwanda ikomeje kwagura ibikorwa byayo ku ruhando mpuzamahanga binyuze mu gufatanya n’amakipe akomeye ku mugabane w’u Burayi no muri Amerika.

Ubu bufatanye kuri ubu bugaragaramo amakipe nka Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, Atlético de Madrid na Bayern Munich n’amakipe yo muri Amerika nka LA Clippers na LA Rams.

U Rwanda rwatangiye iyi gahunda yo kumenyekanisha ubukerarugendo bwarwo ku ruhando mpuzamahanga ruhereye kuri Arsenal mu 2018 kandi byagiye bitanga umusaruro mu kumenyekanisha u Rwanda no kongera umubare w’abarusura.

Muri Nzeri 2025 ni bwo u Rwanda rwasinye amasezerano y’imikoranire na Los Angeles Clippers ikina NBA na Los Angeles Rams yo muri NFL, birugira igihugu cya mbere cya Afurika kibaye umufatanyabikorwa n’amakipe yo muri Amerika.

Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RBD, yagaragaje ko ubukerarugendo bw’u Rwanda mu 2025 bwinjije arenga miliyoni 685$.

RDB igiye kwagura ibikorwa byo kwamamaza Visit Rwanda i Burayi

U Rwanda rwagiranye amasezerano na LA Clippers na LA Rams zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Loading