AmakuruHEALTHImibereho myizaMu MahangaMuri AfurikaNewsPoliticsPolitikiPopular NewsUbutaberaUbuzimaUncategorized

Mogadishu: Haraye kandi haramutse imirwano y’ingabo za leta n’abarwanyi b’abatavuga rumwe na perezida

Imirwano yatangiye ku wa gatatu nimugoroba mu murwa mukuru wa Somalia hagati y’ingabo za leta n’abarwanyi bo ku ruhande rw’abagabo batavuga rumwe na perezida yakomeje muri iki gitondo cyo ku wa kane.

Urusaku rw’amasasu rurimo kumvikana mu duce twinshi twa Mogadishu, nk’uko abaturage baho babibwiye BBC.

Sharif Sheikh Ahmed wahoze ari perezida avuga ku birimo kuba yagize ati: “Niba Perezida n’abasirikare be bakeka ko dufite ubwoba cyangwa tugiye guhunga, ntabwo turi buhunge”.

Mu butumwa yashyize ku rubuga X, Sheikh Ahmed yavuze ko imirwano irimo kuba idahagarika imyigaragambyo bateguye mu murwa mukuru.

Avuga ko iyo myigaragambyo ari iy’abaturage “bagamije kurwanya akarengane, gutuma abantu bahunga, no gukoresha nabi ubutegetsi”.

Igisirikare cyamaganye abantu bitwaje intwaro bateye za bariyeri zacyo ahatandukanye mu murwa mukuru w’iki gihugu kiri mu bigize umuryango w’ibihugu by’Afurika y’iburasirazuba, EAC.

Iyi mirwano ivuye k’ubushyamirane bukaze n’ibiganiro byo kunga byananiranye hagati ya Sharif Sheikh Ahmed, na Perezida Hassan Sheikh Mohamud w’iki gihugu hamwe na Hassan Ali Khaire wahoze ari Minisitiri w’intebe.

Ibyo biganiro byananiwe kumvikana guhagarika ubushyamirane ndetse n’imyigaragambyo iteganyijwe uyu munsi.

Ku rubuga rwa Facebook, Hassan Ali Khaire yanditse ko we n’itsinda rye ari bo batewe n’ingabo za leta zoherejwe na perezida w’igihugu.

Leta ya Somalia yashinje Hassan Ali gutegura ibi bitero ku ngabo za leta.

Ubu bushyamirane bushingiye ku makimbirane amaze igihe aho abo bategetsi bananiwe kumvikana igikurikiraho nyuma y’uko manda ya Perezida Sheikh Mohamud irangiye mu kwezi gushize.

Icyo gihe Perezida Mohamud yahise atangaza ko manda ye yongeweho umwaka umwe.

Loading