AmakuruEconomyibidukikijeIkoranabuhangaNewsPoliticsPolitikiUncategorized

Ubu ni uburyo bwo gukura imishinga mu mpapuro -Perezida Samia Suluhu mu nama yiga ibya Nikeleyeri

Perezida wa Tanzaniya Samia Suluhu Hassan asanga inama Nyafurika yiga ku iterambere cya Nikeleyeri ije gufasha umugabane gukura imishinga mu mpapuro ikajya mu bikorwa.

Yabivugiye i Kigali aho yitabiriye inama yiga ku bijyanye n’ingufu za Nikeleyeri (NEISA 2026) aho asanga impunduka mu iterambere ry’ubukungu bwa Afurika zishingiye cyane ku ngufu.

Impamvu ngo ni uko inganda zirushaho kwiyongera, uko imijyi ikura, uko hagurwa ibikorwaremezo by’ikoranabuhanga, ubucukuzi bw’amavuye y’agaciro n’ibindi bikorwa bitandukanye bigatera imbere, byose bikenera ingufu zihagije.

Yagize ati,” Ingufu za Nikereyeri, ntizikwiye kurebwa nk’izije guhangana n’ingufu zisubira, ahubwo zikwiye gufatwa nk’izije kuzuzanya nazo, mu rwego rwo kubaka urwego rw’ingufu rukomeye, kandi rwihagije rufite ubushobozi bwo kujyana n’iterembere ry’inganda zikomeza kwiyongera hirya no hino ku Mugabane wa Afurika.”

Avuga ku bijyanye n’igihugu cye, yasobanuye ko ingufu Tanzania itunganya muri iki gihe, ari nkeya ugereranyije n’izikenewe yaba ubu no mu gihe kiri imbere. Aha rero, inama ya NEISA 2026, asanga ari amahirwe abonetse yo gutuma Afurika iganirira hamwe uburyo bwo gukura itunganywa ry’ingufu za Nikeleyeri mu mishinga rikajya mu bikorwa, kugira ngo haboneka ingufu zihagiye zijyanye n’iterambere ry’igihe kirambye.

Yagize ati, “ Muri Tanzania, ingano y’amashanyarazi akenewe ikomeza kwiyongera, bijyanye n’ibyo igihugu kiyemeje kwitaho mbere y’ibindi ndetse n’icyerekezo cyihaye cya 2050…”

Loading