Perezida Ondimba yagaragaye yasuwe n’Umwami Mohammed VI wa Maroc mu bitaro

Nyuma y’igihe atagaragara mu ruhame, ifoto ya Perezida wa Gabon, Ali Ondimba, yashyizwe ahagaragara ari kumwe n’Umwami wa Maroc, aho yamusuye mu bitaro bya gisirikare biherereye i Rabat.

Umwami Mohammed wa V1 asuye Perezida Ondimba nyuma yo kugezwa muri iki gihugu tariki ya 29 Ugushyingo uyu mwaka, avanwe mu bitaro byo muri Arabie Saoudite.

Ifoto n’amashusho byashyizwe ahagaragara, bigaragaza aba bayobozi bicaranye, iruhande ku kameza hateretse ibirahure bibiri, ndetse n’amabendera agaragaraza ibihugu byombi.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, byatangaje ko gushyira hanze iyi foto, biza gucecekesha ibihuha ndetse n’amakuru amwe yavugaga ku buzima bwa Perezida Bongo.

Perezida Ondimba yagejejwe muri Maroc tariki ya 29 Ugushyingo 2018 ngo akomeze kwitabwaho, nyuma yo kumara ukwezi mu bitaro byo mu Mujyi wa Riyadh muri Arabie Saudite nyuma y’umunaniro ukabije yatewe n’akazi kenshi.

Yarwaye ari mu ruzinduko rw’akazi aho yari yitabiriye inama yiswe Future Investment Forum.

Bongo yabaye Minisitiri w’Ingabo ku butegetsi bwa se Omar. Se amaze gupfa yahise amusimbura.

Yongeye gutorerwa manda ya kabiri mu 2016, mu matora yaranzwe n’imvururu.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *