Zanzibar: Abagabo 20 bashinjwa ubutinganyi batawe muri yombi

Mu kirwa cyigenga cya Zanzibar giherereye mu gihugu cya  Tanzaniya,hatawe muri yombi Abagabo 20 bashinjwa  ubutinganyi.

Igipolisi cya Zanzibar kivuga abatawe muri yombi  bafatiwe muri hoteli aho bahererwaga inyigisho zijyanye no gusobanukirwa ndetse no kwirinda virusi itera Sida ndetse na Sida ubwayo.

Igipolisi gishinja aba batawe muri yombi gukwirakwiza ingeso y’ubutinganyi mugihe ibi bihanwa n’amategeko ,muri Tanzaniya.

Guhamwa n’icyaha cyo gukora imibonano mpuzabitsina kubabihuje,muri Tanzaniya bihanishwa igihano cy’igifungo kingana n’imyaka 30.

Mu ntangiriro y’uyu mwaka, ubutegetsi muri Tanzaniya bwafunze  amavuriro menshi yari afite mu nshingano gufasha kubirebana n’ihangana ryo  kwandura cyangwa kurwara Sida n’uburyo byakwirindwa,hashingiwe ahanini ku kuba aya mavuriro yaratungwaga agatoki mu gukwirakwiza ubutinganyi.

Source:bbc

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *