Uyu mugabo ufite imbunda, niba umuzi tanga amakuru(reba ifoto)

Uyu munsi ku mbuga nkoranyambaga hazengurutse ifoto y’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40, ufite imbunda yo mu bwoko bwa Karachinikov yicaye ku ntebe y’urubaho ishinze ahantu ku muhanda.

JPEG - 30.8 kb
Uyu mugabo ufite imbunda uwamumenya yamutangaho amakuru kuko akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Uyu mugabo ngo ni Umunyarwanda wari kuri bariyeri mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ariko akaba atazwi amazina ye n’aho akomoka.

Kubera iyo mpamvu, ubutumwa bwahererekanwaga, bwasabaga ko uwamenya amakuru kuri uyu muntu yayatanga, kugira ngo abe yashyikirizwa ubutabera.

Kambanda Noel umukozi w’ibiro by’umuvugizi wa Leta ku rubuga rwe rwa Twitter yagize ati “Agaragara nk’umuyobozi w’inzego z’ibanze cyangwa umucuruzi, cyangwa se umwe mu bihaye Imana wari kuri bariyeri mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nimuhererekanye iyi foto kugira ngo tumumenye.”

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *