Misiri: Umukinnyi wa filime ashobora gufungwa azira imyambarire itemewe

Umukinnyi wa filime wo mu Misiri witwa Rania Roussef ashobora gufungwa igihe cy’imyaka itanu nyuma yo kuregwa kwangiza umuco kubera kwambara ikanzu igaragaza amatako.

Ku wa 29 Ugushyingo 2018, i Caire mu Misiri habereye umuhango wo gusoza iserukiramuco mpuzamahanga rya Filime. Umwe mu bakinnyi ba filime bakomeye muri iki gihugu bari bitabiriye uyu muhango, harimo na Rania Youssef w’imyaka 45.

Uyu mugore ubwo yatambukaga ku itapi itukura, yari yambaye ikanzu ndende igera ku birenge, ariko ibonerana, ku buryo amatako ye yose yagaragaraga, ibintu bitashimishije bamwe mu bakomeye ku muco w’iki gihugu kigendera ku mahame y’idini ya islam.

Abanyametegeko babiri bahise batanga ikirego bamushinja kwambara iby’urukozasoni, icyaha gishobora gutuma ahanishwa igifungo cy’imyaka itanu aramutse ahamwe na cyo. Urukiko ruzafata umwanzuro kuri iki kirego, ku wa 12 Mutarama umwaka utaha.

Uyu mugore amaze kubona ko ibyo yakoze hari abo bitashimishije, yasabye imbabazi, anicuza impamvu yatumye abikora. Ati “iyo mbimenya si mba narambaye iriya kanzu.”

Mu 2017, umuhanzikazi witwa Shyma yatawe muri yombi ashinjwa icyaha nk’iki biturutse ku mashusho y’indirimbo ye yitwa Andy Zoroof, ashotora abagabo.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *