AmakuruHEALTHMu MahangaMuri AfurikaNewsPolitikiUncategorized

Minisitiri w’Ingabo wa Mali yishwe n’inyeshyamba

Minisitiri w’Ingabo Gen Sadio Camara yiciwe mu bitero by’imitwe yitwaje intwaro byagabwe mu mujyi atuyemo by’umwihariko ku rugo rwe.

Aljazeera yabitangaje ku wa 26 Mata 2026. Kuva ku wa Gatandatu byatangajwe ko urugo rwe mu Mujyi wa Kati rwagabweho ibitero inshuro nyinshi n’abarwanyi ba al Qaeda n’aba Tuareg.

Camara ni umwe mu basirikare bakomeye bagize uruhare mu guhirika ubutegetsi muri Mali muri Coup d’Etat zabaye mu 2020 na 2021.

Ku Cyumweru kandi humvikanye urusaku rw’amasasu mu mujyi wa Kidal no mu bindi bice by’igihugu.

Abarwanyi b’umutwe wa Azawad Liberation Front, ushaka ko ubwoko bw’Abatuareg bwigenga wibanze ku mijyi yo mu Majyaruguru, mu gihe umutwe wa kiyisilamu witwa Jama’at Nusrat al-Islam wal-Muslimin (JNIM) wagabye ibitero ahandi hose mu gihugu.

Ingabo za Mali zatangaje ko ziri kurwanya aba bitwaje intwaro.

Ibitero byagabwe no mu gace Perezida Assimi Goita atuyemo ariko ahita ahungishirizwa ahantu hatekanye ndetse akomeza kuyobora urugamba.

Abasesenguzi bagaragaje ko hashobora kubaho ibindi bitero bigamije kugenzura ibice bitandukanye mu gihugu.

Minisitiri Gen Camara yishwe n’inyeshyamba

Loading