Icyo Maj. Ntuyahaga avuga ku basirikare b’Ababiligi bishwe abigizemo uruhare

Uwahoze mu gisirikari cyo ku butegetsi bwa Perezida Juvenal Habyarimana, Maj. Bernard Ntuyahaga avuga ko kugeza ubu yemera imyanzuro y’urukiko ku cyaha cyo kugira uruhare mu kwica abasirikare 10 b’Ababiligi barindaga uwari  Minisitiri w’Intebe, Uwiringiyimana Agathe mu 1994.

Ntuyahaga yashinjwe ko yavanye  kwa Uwiringiyimana Agathe abasirikare 10 b’Ababiligi  bari bashinzwe kumurinda, akabashyikiriza bagenzi be bo  mu gisirikare cyariho (FAR) bari muri ‘Camp Kigali’ nyuma bakaza kwicwa.

Mu kiganiro na radiyo ’ijwi ry’ Amerika Maj. Ntuyahaga yagaragaje uko imyumvire ye kuri iyi ngingo ihagaze agendeye ku myanzuro yafashwe n’urukiko.

Yagize ati “ Ibyo ubucamanza, urubanza rwabaye igihe kirekire,uko urubanza rwabaye nararwemeye. Keretse  hari ikindi kibaye rugasubirwamo naho kugeza ubu mbyemera gutyo.”

Uyu wahoze ari umwofisiye mukuru muri FAR asubiza ku bijyanye niba ubu yakomeza gukora imirimo y’igisirikare yavuze ko yumva muri we agenda asaza ariko ko imirimo idasaba ingufu z’umubiri yayikora.

Maj. Ntuyahaga kuri ubu ari mu kigo cya Mutobo aho arimo guhabwa inyigisho zagenewe abasirikare n’abavuye ku rugerero mu gihe cy’iminsi 90.

Ntuyahaga yazanwe mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa 21 Ukuboza 2018.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *