Gishwati-Mukura: Leta yahagurukiye inyamaswa irya amatungo y’abaturage

Ikibazo cy’igikoko kitaramenyekana kirya inka z’abororera mu nzuzi zegereye Pariki y’Igihugu ya Gishwati-Mukura cyatangiye kugaragazwa mu mpera z’umwaka ushize, aborozi batabaza inzego zitandukanye bifuza ko icyo kibazo gishakirwa umuti urambye iyo nyamaswa itaratangira kwadukira n’abaturage.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bufatanyije n’ubw’Intara ndetse n’inzego z’umutekano bahagurukiye iki kibazo cy’iyo nyamaswa itaramenyekana ikomeje kurya amatungo y’abaturage ku gira ngo ntikomeze kubahombya.

Abaturiye iyi Pariki bari bamaze iminsi bagaraza ko hari inyamaswa itaramenyekana irya inka z’imitavu boroye, bagasaba ubuyobozi gukemura iki kibazo.

Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba, Inzego z’Umutekano ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere yabaye kuwa Gatatu tariki ya 2 Gashyantare 2022 bemeje ko iyi nyamaswa itegwa imitego maze igafatwa. Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois,yabwiye RBA ko mu byo bemeje muri iyi nama harimo ko mubyumweru bibiri iyi nyamaswa yaba yavumbuwe, abaturage nabo basabwa kubaka ibiraro.

Ati “Iki kibazo kiraduhangayikishije cyane kuko hamaze iminsi hari inyamaswa irya inka z’abaturage.Icyo ni igihombo ku baturage bacu ku buryo inzego zose z’ubuyobozi n’abaturage biraduhangayikishije cyane.Niyo mpamvu dukomeje gushakisha igisubizo.Ejo habaye inama zitandukanye zigerageza gushaka umuti , dusanga buri rwego hari icyo rwakora kugira ngo tugihagurukire ku buryo twabihagrika.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Habitegeko Francois, yavuze ko bitarenze ibyumweru bibiri abaturage nabo bagomba kugira uruhare barinda amatungo yabo bubaka ibiraro bikomeye (ingombe) ku nyana z’imitavu kandi abashumba bakita ku matungo .

Guverineri Habitegeko yavuze ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere na rwo rwasabwe kongera kamera (Camera) zafasha kumenya inyamaswa iyo ari yo.

Ati “Hari icyo RDB yasabwe gukora .Twumvikanye ko bongera imitego kugira ngo tumenye iyi nyamaswa.Niba ari impyisi, ingunzu n’indi nyamaswa.Ikindi ni uko twumvikanye ko hashyirwaho imitego ifata inyamaswa ari nzima kugira ngo nidusanga ari impyisi ijyanwe muri Pariki zizitiye, ndetse twumvikana n’abaturage bazi gutega imitego itangiza , baza bagatega ndetse bakazahabwa agahimbazamusyi baramutse bafashe iyo nyamaswa .”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yavuze kandi ko basabye Akarere kwandikira Ikigo Gishinzwe kwishyura abaturage bangirijwe n’inyamaswa kuba cyafasha abaturage bangirijwe n’inyamaswa.

Kugeza ubu Pariki Mukura-Gishwati ibarizwamo inyamaswa zitandukanye gusa ikaba itariye izitiye.

Ubuyobozi bw’ntara y’Iburengerazuba buvuga ko ku bufatanye na RDB harebwa uburyo yazitirwa nka Pariki y’Akagera.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *