Dr. Nsanzimana Sabin yagizwe Minisitiri w’Ubuzima

Dr. Nsanzimana Sabin yagizwe Minisitiri w’Ubuzima « MINISANTE » nyuma y’amezi icyenda agizwe Umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya Butare.

Mbere yaho yari Umuyobozi Mukuru  w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC”.

Mu itangazo ryo mu biro bya Minisitiri w’Intebe rivuga ko Dr Yvan Butera agirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima aho asimbuye Lt Col. Dr Mpunga Tharcisse wagizwe Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubuvuzi no Kwigisha ku rwego rwa Kaminuza cya Kigali « CHUK ».

Dr. Nsanzimana Sabin wagizwe Minisitiri w’Ubuzima, asimbuye Dr. Ngamije Daniel wari umaze igihe muri izi inshingano.

Minisitiri Dr. Nsanzimana Sabin ni inararibonye mu buvuzi bw’indwara z’ibyorezo nka SIDA akaba yarabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *