Amerika yanyuzwe n’uruhare rwa demokarasi mu iterambere ry’u Rwanda

Umunyamabanga wa Leta wungirije ushinzwe demokarasi, uburenganzira bwa muntu n’umurimo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Tom Malinowski, yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera muri Demokarasi n’iterambere, yemeza ko bitanga icyizere ko bizaramba no mu gihe kizaza.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Werurwe mu biganiro byahuje Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) n’abayobozi batandukanye ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Malinowski yashimye uruhare rwa Demokarasi ishingiye ku guha umwanya sosiyete sivile mu bikorwa by’iterambere rirambye.

Muri ibi biganiro bigamije gutsura umubano ibihugu byombi bifitanye, Amerika yashimye intambwe ishimishije imiryango itegamiye kuri Leta imaze gutera, uko ikora, uko ihagaze, uko yahawe uburenganzira bwaguye n’ubwiyongere bwayo mu Rwanda.

Malinowski yashimangiye ko uruhare rwo guha umwanya amashyaka menshi ya politiki na sosiyete sivile mu Rwanda nyuma ya Jenoside yo mu 1994, bitanga icyizere ko demokorasi izaramba no mu gihe kizaza.

Yagize ati “Sosiyete sivile yagize uruhare mu byagezweho mu myaka 20 ishize, kandi twizeye ko izagira uruhare runini mu kubaka imiyoborere n’iterambere. Twiteguye gukomeza gufatanya n’u Rwanda mu iterambere ry’ahazaza.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko ibyo baganiriye n’abayobozi ba Amerika byerekana ko bishimiye u Rwanda nk’igihugu, ndetse n’imiyoborere yacyo irangwa no kurasa ku ntego no gukora impinduka nziza.

Ati“Abanyamerika bemeye ko demokarasi ibereyeho guteza imbere abaturage, bashima intambwe u Rwanda rutera, bumva ibyo ibihugu byombi bisangiye n’ibyo bitandukaniyeho kandi bemera ko bitabibuza kubana.”

Ku bijyanye n’itangazamakuru ry’u Rwanda, Amerika yashimye uko rikora neza nyuma y’aho havugururiwe amategeko arigenga, ubwiyongere bwaryo n’ireme ryaryo rizana ibitekerezo bigorora ibintu n’impinduka nzima.

Prof. Shyaka yavuze ko berekanye ko ibyo Abanyarwanda bagezeho babikesha politiki yo gusenyera umugozi umwe, ubuyobozi bwiza, kwishakamo ibisubizo, ubufatanye n’imiryango yigenga, n’abikorera mu guteza imbere igihugu.

Muri uru ruzinduko Tom Malinowski yaherekejwe n’abandi bayobozi ba Amerika barimo ushinzwe ibiyaga bigari, Jennifer Mills, Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Erica J. Barks-Ruggles n’abandi.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *