Abayobozi babiri b’Akarere ka Nyamagabe beguye

Twayituriki Emmanuel wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamagabe, n’Umuyobozi w’amashami (Division Manager), Ngabonziza Jean Bosco, beguye ku miromo yabo ku mpamvu bavuga ko ari izabo bwite

Aba bombi bashyikirije amabaruwa y’ubwegure bwabo kuri Njyanama y’Akarere, kuri uyu wa 25 Ukwakira 2018, bavuga ko babikoze ku mpamvu zabo bwite.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Bonaventure, yemeje amakuru y’ubwegure bw’aba bayobozi bombi avuga ko Akarere kagiye guhita gashyiraho ababa babasimbuye mu gihe hataratorwa ababasimbura mu buryo buhoraho.

Ubwegure bwabo bwamenyekanye nyuma gato yo kurekurwa aho bari bafungiye ibyaha byo kunyereza imitungo ya Leta.

Mu mpera z’Icyumweru gishize Urukiko rwa Kagarama ku Kicukiro rwategetse ko barekurwa kuko ngo ibirego by’umushinjacyaha nta shingiro byari bifite Abaregwa n’ababunganiraga bose ntabwo bitabiriye isomwa rya ruriya rubanza

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *