Abanyeshuri ba APACE batewe impungenge no kubuzwa ibyo bo bita uburenganzira bwabo

Kuva mu kera, wasangaga buri munyeshuri wese washakaga kwiga ku kigo kimuha uburenganzira bwo gukora no kwiga uko ashatse yarahitaga atekereza ishuri rya APACE riherereye ku musozi wa Mont Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Ibi byaterwagwa n’uko abakobwa bo kuri APACE bari bemerewe kwiga bambaye amajipo agera hejuru y’amavi, basutse imisatsi abandi bafite ‘mèche’ ndetse baranadefirije, abahungu nabo barangwa no kwambara udupantaro tubafashe bita (amacupa) hamwe n’inyogosho zidasanzwe.

Ibi byatumaga iri shuri bivugwa ko ryigwamo n’abana bananianye cyangwa b’ibirara.

Guhera ku wa Mbere tariki ya 30 Gicurasi 2016,ibintu byahinduye isura muri iki kigo kuko ubuyobozi bwa APACE bwafashe umwanzuro ko nta munyeshuri w’umukobwa uzongera kwemererwa kwiga asutse imisatsi cyangwa yambaye ijipo ngufi igera hejuru y’amavi, n’abahungu ntibemererwe inyogosho zidasanzwe n’amapantaro babatiza amacupa.

Ibi ntibivugwaho rumwe n’abanyeshuri bo muri iki kigo, cyane cyane ko benshi muri bo bavuga ko ibi byemezo bidakwiye kuko bibangamira uburenganzira bwabo.

Bamwe muri bo biganjemo abakobwa babwiye IGIHE ko babangamiwe cyane n’ibi byemezo ndetse batazi impamvu ubuyobozi bwabo bwabifashe.

Umutoni Nadia yagize ati “ Kuki ubu aribwo bafashe umwanzuro wo kutubuza kwambara ‘mini’ mu gihe mbere ahubwo batubwiraga ko utazajya ayambara azajya abihanirwa?”

Undi yagize ati “Njye ikimbabaza ni kimwe ni uko babikora mu gihembwe hagati gusa, none se ko tugitangira umwaka batubwiye ngo kugira ngo duse neza tujye dusuka ubu bakaba babihinduye mu gihembwe hagati?”

Umunyeshuri w’umuhungu we yagize ati “ Ariko ko batubuza kwambara amapantaro mato adukwiye,atubereye bavuga ngo ni amacupa bagira ngo twambare za ‘pate’?”

Ubuyobozi bwa APACE bubivugaho iki?

Umuyobozi ushinzwe imyitwarire muri APACE, Kayitare Jean Paul we avuga ko ibi byemezo babifashe kubera ko bakeneye isuku ku banyeshuri babo.

Yagize ati “ Buri kigo kigira amategeko akigenga , ibi rero twabifashe kugira ngo abanyeshuri bacu barangwe n’isuku kuko ntidukeneye abakobwa biga bambaye utujipo tugufi tugera hejuru y’amavi banasutse cyangwa se abahungu bafite za nyogosho zidasanzwe cyangwa se bambara twa dupantaro ntazi uko tumeze.”

Yakomeje agaragaza ko iri shuri ari ryo riha abanyeshuri baryigamo imyenda y’ishuri, ariko ko benshi muri bo bafite ingeso yo guhita bajya kuyigabanyisha aho usanga abakobwa bayahindura impenure ndetse n’abahungu amapantaro yabo bakayagira mato kugira ngo abafate.

Bamwe mu banyeshuri bemeza ko bategetswe guhambura imisatsi yabo

Imiterere y’ijipo ubuyobozi bwa APACE buvuga ko budakeneye muri iki kigo

Umunyeshuri agaragaza uburyo abayobozi bamuciriye ipantaro kuko yari yayigize nto(icupa)

Bamwe mu banyeshuri babujijwe kwinjira muri APACE

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *