U Rwanda rwizihije umunsi wo kubungabunga agakingirizo k’izuba ‘Ozone’

Kuri uyu wa gatanu u Rwanda rwizihije umunsi mpuzahanga wo kubungabunga agakingirizo k’izuba ka Ozone, mu gihe ku rwego rw’isi uyu munsi ugomba kwizihizwa ku cyumweru tariki ya 16/09/2018.

Umuryango w’abibubye LONI wongeye kwibutsa leta z’ibihugu gushyira mu bikorwa amasezerano ya Montreal Protocol yashimangiwe n’andi yitiriwe Kigali Amendment.

Aya masezerano avuga ko leta z’ibihugu byose byayashyizeho umukono ko bigomba guhagarika ikoreshwa ry’imashini n’ibyuma byangiza akayunguruzo ka Ozone ku kigero cya 85% bitarenze mu 2049.

Bimwe muri ibi bikoresho ni ibikoze mu butabire bwa HFCs byiganjemo amafirigo (fridges) akongesha ndetse n’amamashini ya Air Conditioners yinjiza umwuka mu mazu.

By’umwahariko mu Rwanda, ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije REMA kiburira abacuruzi kwirinda kwinjiza mu Rwanda ibi bikoresho byose bifite ubumara bw’ubutabire byangiza akayunguruzo ka Ozone.

Niba ntagihindutse guhera ku itariki ya 1 z’ukwa 1 mu mwaka utaha wa 2019, ibi bikoresho ntabwo bizaba byemewe kwinjira ku isoko ry’u Rwanda kuko aribwo aya masezerano yiswe Kigali Amendment to the Montreal Protocol azaba yatangiye gushyira mu bikorwa.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *