USA:Hateganijwe inama igamije gufasha igihugu cya Iraki

Igihugu cya Leta zunze ubumwe z’Amerika kigiye gutegura inama mu cyumweru gitaha igamije gukusanya inkunga y’amafaranga abarirwa ku ma miliyoni amagana z’amadolari yo gufasha igihugu cya Iraki kugirango gisubire mu buzima busanzwe.

Amakuru atangazwa n’urwego rwa Leta y’Amerika avuga ko imirwano imaze igihe ibera ibera mu mujyi wa Fallujah, aho abasirikare ba Iraki bari batsinda urugamba bakanahigarurira ariko bigatuma abaturage benshi bahasiga ubuzima.

Amerika izatangiza iyo nama kw’italiki ya 20 z’ukwezi kwa karindwi ifatanije n’ibihugu bya Canada, Ubudagi, n’Ubuyapani,ndetseikanasaba n’ibindi bihugu byakwifatanya nabo.

Amerika itangaza ko umuryango mpuzamahanga ONU wahagaritse imwe mu migambi yawo yo gufasha iki gihugu cya iraki bitewe n’icyuho wagize mu mafranga,ibi bikaba bimwe mu mpamvu yiyi nama.

Gusa ariko n’ubwo ONU yahagaritse zimwe mu nkunga,ngo imaze gufasha abatuye iraki kongera kubona umuriro w’amashanyarazi,amazi,amashuri,ndetse no gushyigikira bimwe mu bikorwa byo mu rwego rw’ubuvuzi,aho ibi byose byari byarashegeshwe n’umutwe wa Leta ya Kiyisilamu,na none imwe mu migambi ya ONU ikaba yarafashije abanya iraki barenga ibihumbi 725 gutahuka bagasubira mu byabo.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *