AmatangazoUbutabera

Kayigamba Eugene Degaule akomeje gutsimbarara ku butaka buvugwaho impaka na Leta

Kayigamba Eugene Degaule akomeje gutsimbarara ku kibazo cy’ubutaka buvugwaho impaka na Leta, avuga ko ahubwo ari we warengerewe n’umuturanyi we, Bavukiyehe Eugene, nyiri Great Hotel.

Ubu butaka buherereye mu Kagari ka Kiyovu, Umurenge wa Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali. Aba bagabo bombi bamaze igihe batumvikana ku mbibi z’ubu butaka, buri ruhande ruvuga ko rwahohotewe.

Kayigamba Eugene Degaule avuga ko Bavukiyehe Eugene yubatse igice cya Great Hotel ku butaka bwe. Icyakora, abanyamakuru bageze aho ubu butaka buherereye basanze ikibazo cy’imbibi kigikomeje guteza impaka hagati y’impande zombi.

Mu nyandiko z’Umujyi wa Kigali dufitiye kopi, hagaragazwa ko haba Kayigamba Eugene Degaule na Bavukiyehe Eugene bafite ibice by’ubutaka bwa Leta biri mu butaka bwabo. Umujyi wa Kigali wasabye Kayigamba Eugene Degaule gukosoza icyangombwa cy’ubutaka kugira ngo gihuzwe n’imbibi zemewe.

Turacyakomeje gukurikirana iki kibazo kugira ngo tumenye amakuru arambuye ndetse tunumve ibisobanuro by’impande zombi n’inzego zibishinzwe. Ibikubiye mu nyandiko Umujyi wa Kigali wandikiye aba bagabo nabyo turabikurikiranira hafi.

By:Imena

Loading