AmakuruHEALTHImibereho myizaMuri AfurikaNewsPoliticsPolitikiPopular NewsRecent NewsUbuhinziUBUHINZIUbukunguUbuzimaUncategorized

Muri Afurika abana bari munsi y’imyaka 5 basaga 89000 bapfa buri mwaka bazize ibiribwa bibi

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS),ryatangaje ko muri Afurika, abana bari munsi y’imyaka 5 bakunze kwibasirwa cyane n’indwara ziterwa n’ibiribwa bibi cyangwa se bidafite ubuziranenge bwizewe ndetse n’imirire mibi.

Uwo muryango wemeza ko hafi kimwe cya kabiri cy’abana bo ku Mugabane w’Afurika, bafite ikibazo cy’ibura rikabije ry’intungamubiri. Uko kubura intungamubiri hamwe n’uburozi buturuka ku biribwa bihumanya umubiri, ngo bituma ubwonko bwabo budakura neza, bikagira ingaruka zikomeye ku buzima bwo mu mutwe.

OMS yasobanuye ko ingaruka z’imirire mibi ku mikurire y’abana ari nyinshi, harimo kudindira mu mikurire y’ubwonko n’ubushobozi bwo kwiga no gufata mu mashuri. Ikindi ni uko kubura intungamubiri z’ingenzi nka Fer (iron), zinc na ndetse na Iyode mu minsi 1 000 ya mbere y’ubuzima bw’umwana, NGO bishobora kwangiza ubwonko ku buryo bidashobora no gukosorwa.

Ibyo byose, kandi ngo bishobora gutera gukererwa kw’imikurire y’imyakura n’imikaya, ndetse umwana akajya ahorana ikibazo cyo kudashyira umutima ku byo arimo akora.

OMS ivuga ko kurya ibiribwa byanduye cyangwa kunywa amazi adafite isuku ari kimwe mu bitera imfu nyinshi mu bana. Uburozi buturuka mu biribwa bidafite ubuziranenge bwizewe ngo butera impiswi zikabije, zikarushaho kongera ikibazo cy’imirire mibi no gutuma ubudahangarwa bw’umubiri bugabanuka cyane.

Kubura intungamubiri ngombwa nka vitamini A cyangwa Fer bishobora gutera ubukererwe bukabije mu mikurire y’ubwenge kandi bikaba n’impamvu nyamukuru y’ubuhumyi mu bana.

Kugaburira abana hatitawe ku bigize indyo iboneye cyngwa se indyo yuzuye, ahubwo bagahabwa ibiribwa bikungahaye cyane ku isukari cyangwa se ibiribwa byatunganyijwe mu nganda, ngo byongera ikibazo gifatwa nk’uburwayi bwo kudatuza cyane (hyperactivité) ndetse n’ibindi bibazo by’imyitwarire mu bana.

Umuyobozi wa OMS, Dr Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yagize ati, “ Iyo umwana akunze kugira impiswi bitewe no kurya ibiribwa bibi, ntabwo bigira ingaruka z’ako kanya gusa ku buzima bwe, ahubwo no n’imikurire y’umubiri we, n’ubushobozi bwe bwo kwiga bugira ikibazo…”

Loading