AmakuruENTERTAINMENTHEALTHMu MahangaMuri AfurikaNewsPoliticsPolitikiPopular NewsUbukerarugendoUbuzimaUkerarugendoUncategorized

Tanzania: Umu ‘influencer’ Ashley Robinson w’Umunyamerikakazi yariyahuye – Igipolisi

Polisi yo muri Zanzibar yatangaje ko yamaze gusoza iperereza ku rupfu rw’umunyamerikakazi Ashley Robinson, wari uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Ashlee Jenae, igaragaza ko yiyahuye nyuma y’igihe kirekire ahanganye n’ibibazo by’ihungabana ryo mu mutwe.

Polisi yo muri Zanzibar yatangaje ko yamaze gusoza iperereza ku rupfu rw’umunyamerikakazi Ashley Robinson, wari uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Ashlee Jenae, igaragaza ko yiyahuye nyuma y’igihe kirekire ahanganye n’ibibazo by’ihungabana ryo mu mutwe.

Uyu mukobwa w’imyaka 31 y’amavuko yitabye Imana mu kwezi kwa Mata 2026, nyuma y’ibyabereye muri hoteli ya Zuri Hotel iherereye muri Zanzibar, aho yari yagiye kuruhukira ari kumwe n’umukunzi we Joseph McCann.

Urupfu rwe rwahise rukwirakwira cyane mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bagiye batanga ibitekerezo n’amakuru atandukanye ku cyaba cyaramuhitanye.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kane, Umuyobozi Wungirije w’Ishami rishinzwe Ubugenzacyaha muri Zanzibar, Zuberi Chembera, yavuze ko ibimenyetso byose byakusanyijwe byerekana ko nta wundi muntu wabigizemo uruhare.

Yasobanuye ko iperereza ryifashishije ubuhamya bw’abantu batandukanye, igenzura ryakozwe ku butumwa bwo kuri telefone ndetse n’ibindi bikoresho by’itumanaho bya nyakwigendera n’abo yari hafi, byose bikagaragaza ko yari amaze igihe afite ibibazo by’ihungabana ryo mu mutwe.

Ati: “Ibyo twabonye byose byerekana ko yari mu bihe bikomeye by’ubuzima bwo mu mutwe, kandi nta kimenyetso na kimwe cyagaragaje ko hari undi muntu wabigizemo uruhare.”

Amakuru ya mbere yari yatangajwe na Polisi yari yagaragaje ko mbere y’urupfu rwe, Robinson yari yagiranye amakimbirane n’umukunzi we, ibintu byatumye hakekwa byinshi.

Ku wa 8 Mata 2026 nijoro, umwe mu bakozi ba hoteli wari ushinzwe kugenzura ibyumba yasanze icyumba Robinson yari arimo gifunze kandi kirimo umwijima, bituma hakekwa ikibazo. Nyuma y’aho, yajyanywe kwa muganga ariko aza kwitaba Imana bukeye bwaho, ku wa 9 Mata, ari mu bitaro bya Ampola Hospital biherereye mu karere ka Urban West muri Zanzibar.

Kugeza ubu, yaba umuryango wa Robinson cyangwa Joseph McCann wari waranamwambitse impeta amusaba ko bazabana, ntibaragira icyo batangaza ku byatangajwe na Polisi.

Biravugwa ko Robinson na McCann bari bagiye muri Tanzania mu rugendo rw’ikiruhuko, banizihiza isabukuru y’amavuko y’uyu mukobwa yabaye ku wa 5 Mata 2026. Kuri uwo munsi ni na bwo yari yamwambitse impeta amusaba ko bazarushinga.

Icyakora, ibyari ibyishimo byahise bihinduka agahinda nyuma y’iminsi mike gusa, inkuru y’urupfu rwe igasiga benshi mu bamukurikiraga batunguwe kandi bafite ibibazo byinshi ku byabaye.

Taliki ya 5 Mata McCann yari yambitse impeta Robinson amusaba ko bashinga urugo, ariko apfa nyuma y’imisi ine

Loading