Hazaba ibitaramo mu mijyi itatu mbere y’igikombe cy’isi
Canada, Mexico na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika hazabera ibitaramo mbere y’uko igikombe cy’isi gitangira.
FIFA yatangaje ko Los Angeles izakira abahanzi barangajwe imbere na Davido na Major Lazer bazataramira muri Crypto.com Arena.
&format=webp)
Ni ibitaramo byise’Countdown Concert’ bizaba ku itariki 10 Kamena 2026 mbere y’umunsi w’itangira ry’igikombe cy’isi cy’umupira w’amaguru. Muri Canada ibintu bizaba ari ibicika mu gitaramo cyo kuri uwo munsi.
&format=webp)
Hazataramira abarimo Bryan Adams, Nora Fatehi, Sanjoy Vegedream, AHI na Wyclef Jean. Ni mu gihe Los Angeles Azules, Belinda na Elena Rose bazataramira muri Mexico. Ibi bitaramo bizabera mu mijyi bigamije guhuza umupira w’amaguru, umuco n’umuziki. Ku munsi nyirizina w’irushanwa, Rema ari mu bazaririmba.
&format=webp)
Hari amakuru avuga ko hashobora gutangazwa andi matariki y’ibindi bitaramo bizaherekeza igikombe cy’isi ku buryo na Ayra Starr yakongerwa ku rutonde rw’abahanzi bazaririmba mu gikombe cy’isi. Ayra Starr kandi ari ku rutonde rw’abahanzi bakoze umuzingo w’irushanwa ry’igikombe cy’isi. Iyo album yitwa’Show Me’ iriho na Latto. Aba biyongera kuri Burna Boy na Shakira bakoze indirimbo y’igikombe cy’isi yitwa’Dai Dai’.
![]()

