Mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Ebola iterwa na virusi ya Bundibugyo (Bundibugyo virus disease – BVD) kiri kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), kikaba kimaze no gutangwamo raporo y’abarwayi muri Uganda, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryahuje impuguke n’amatsinda ngishwanama atandukanye.
Impuguke za WHO zasabye ko ibikoresho byose byagaragajwe nk’ibifite icyizere byakomeza gukoreshwa gusa mu bushakashatsi bwo mu mavuriro (clinical trials) kugira ngo haboneke amakuru ahagije kandi ubushakashatsi bukorwe mu buryo butekanye, bwubahiriza amahame mbwirizamuco kandi bugatanga ibisubizo byizewe.
Aha kandi, iri shami ryita ku buzima, ryateguye inama nyinshi z’impuguke, zasuzumye inkingo n’imiti iri kugeragezwa kuri iyo virusi. Yanahuye n’itsinda rishinzwe ibijyanye n’inkingo za Ebola kugira ngo harebwe uruhare rw’inkingo za Ebola zisanzwe zemewe mu gihe hadutse iya Bundibugyo.
Kugeza ubu, nta muti cyangwa urukingo byemewe ku rwego mpuzamahanga, by’umwihariko byo gukumira cyangwa kuvura Ebola ya Bundibugyo. Ariko, WHO yagaragaje ko hari imiti n’inkingo bitanga icyizere ku buryo bikwiye gushyirwa imbere mu bushakashatsi.
Ubu rero, bashyizeho imikoranire ya hafi na za Guverinoma za Congo na Uganda kugira ngo byorohere ishyirwa mu bikorwa ry’ubu bushakashatsi.
Mu kuvura abarwayi, impuguke zasabye gushyira imbere MBP134 (monoclonal antibody). Uyu ni umuti ukozwe mu bwoko bw’udukingirizo twihariye twitwa monoclonal antibodies. Ukaba wakozwe kugira ngo ushobore gukora ku moko atandukanye ya Ebola, harimo n’iya Bundibugyo.
Maftivimab® (monoclonal antibody). Uyu ni umuti wamenyekanye cyane nk’igice cy’imiti ikoreshwa kuri Ebola zimwe na zimwe, cyane cyane mu bushakashatsi bwo kurwanya virusi zo mu muryango wa Orthoebolavirus.
Remdesivir. Uyu ni umuti urwanya virusi, wigeze no gukoreshwa mu bihe bimwe bya COVID-19, unakorerwaho ubushakashatsi kuri Ebola.
Hanashimangiwe ko hakwiye kugeragezwa guhuza umuti wa monoclonal antibody na remdesivir, mu gukumira ubwandu ku bantu bahuye n’abarwaye Ebola.
Impuguke zagaragaje ko obeldesivir, umuti unyobwa, ari wo ufite icyizere kurusha indi mu gukingira abantu bahuye n’abanduye.
Icyakora, WHO ivuga ko bisaba gukurikirana neza abantu bahuye n’abarwayi,
ikintu kigikomeye gutahur neza mu bice bimwe bya DRC.
Ubushakashatsi bugamije kureba niba guha abantu bahuye n’abarwayi ibinini bya obeldesivir bishobora kubarinda kurwara Ebola.
Impuguke zagaragaje ko urukingo rwa rVSV Bundibugyo vaccine ari rwo rufitiwe icyizere kurusha izindi. Uru, ruzafata amezi 7–9 mbere yo kuba rwageragezwa mu bushakashatsi.
Urundi ni urwa ChAdOx1 Bundibugyo, rushobora kuboneka mu mezi 2–3 kugira ngo rutangire kugeragezwa, nubwo hagikenewe andi makuru y’ubushakashatsi bwakorewe ku nyamaswa.
Impuguke zavuga ko urukingo rwa dose imwe rwakoreshwa ku bantu bahuye n’abanduye, naho urwa dose ebyiri rwagakoreshwa ku bantu bafite ibyago byinshi byo guhura n’icyorezo, nk’abaganga n’abakora ubutabazi.
Hagati aho, hasesenguwe uruhare rwa Ervebo, nk’urukingo rukumbi rwemewe kuri Ebola, ariko rwemewe gusa kuri Ebola isanzwe ikunze kugaragara muri Afurika.
WHO, na guverinoma za DRC na Uganda, n’izindi nzego z’ubushakashatsi barimo gutegura uburyo bwo gusuzuma umutekano, imikorere, n’ubushobozi bw’iyi miti n’inkingo.
Mu gihe hagitegerejwe ibisubizo by’ubushakashatsi, WHO ivuga ko hakomeje gukoreshwa uburyo busanzwe bwafashije mu guhangana na Ebola mu myaka yashize.
Ubu buryo burimo gukurikirana indwara, gupima no gusuzuma vuba, gukurikirana abahuye n’abarwayi, gushyira abarwayi mu kato no kubitaho, gukumira ubwandu mu mavuriro,
gukorana n’abaturage, no gushyingura mu buryo bwizewe kandi bwubashywe.
![]()

