AmakuruNewsPoliticsPolitikiUncategorized

Amerika na Israel barimo gutegura igitero simusiga – Umudepite wa Iran

vuga ku bikorwa byo gutwara intwaro n’ingabo birimo kuba, ziva muri Amerika zigana mu burasirazuba bwo hagati, umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Iran yavuze ko “Amerika na Israel barimo gutegura igitero kinini cyane” kuri Iran.

Kamran Ghazanfari yabwiye ikinyamakuru Khabar Online ko ibyo bihugu byombi “bishobora kuba bigamije gufata bimwe mu birwa byabo biri mu majyepfo”, nk’uko bivugwa na BBC.

Naho avuga ku busabe bwa Amerika ko Iran ihagarika gutunganya ubutare bwa Uranium, uyu mudepite yagize ati: “Repubulika ya Kisilamu ntabwo izunamira ubwo busabe”.

Yongeraho ati: “Turi hagati mu ntambara kandi turimo kurwana n’umwanzi. M cyumweru cya nyuma gusa, bakoze ibitero bibiri kuri twe banatera bimwe mu bigo byacu barashisha amato”.

Iran yakomeje kuvuga ko itazemera ubusabe bwa Amerika cyangwa igitutu cyayo, ndetse ikavuga ko yatsinze intambara yatawemo na Amerika na Israel.

Perezida Donald Trump wa Amerika nawe yagiye kenshi asubiramo ko batsinze ku buryo bugaragara Iran kandi bashenye ibikorwa byayo by’ingufu za nikleyeri n’igisirikare.

Ubu impande zombi zumvikanye ku gahenge, agahenge Trump aherutse kuvuga ko “kari ku byuma bifasha guhumeka” mu gusobanura ko kadakomeye.

Loading