Lamine Yamal yazamuye ibendera rya Palestine mu kwishimira igikombe cya Barca
Icyamamare mu mupira w’amaguru Lamine Yamal ukinira ikipe ya FC Barcelona yagaragaye azamura kandi azunguza ibendera rya Palestine ubwo ikipe ye yatambagiraga mu modoka mu mihanda y’i Barcelona bishimira igikombe cya shampiyona baherutse gutwara.
Yamal w’imyaka 18 we na Barca ku cyumweru batsinze Real Madrid 2 – 0 mu mukino watumye bishimangira igikombe cyabo cya shampiyona cya 29 batwaye, bwa kabiri bikurikiranya.
Kuzamura no kugaragaza ibendera rya Palestine bifatwa nk’ikimenyetso cyo kwifatanya n’iki gihugu mu makimbirane kimazemo imyaka myinshi na Israel.
Mu bihugu 193 bigize ONU 157 byemera Palestine nk’igihugu cy’ubusugire kandi cyigenga.
Vuba aha mu 2024 na 2025 ibindi bihugu byinshi birimo Norvege, Ireland, Slovenia, Ubufaransa, Ubwongereza ndetse na Espagne – igihugu cya Lamine Yamal – byemeje Palestine nk’igihugu cyigenga.
Amerika, Israel, Ubudage, Ubutaliyani cyangwa Ubuyapani ni bimwe mu bihugu bitemera Palenstine nka leta yigenga.

Kuva Israel yatangira intambara muri Gaza mu Ukwakira(10) 2023 nyuma y’uko igabweho igitero n’abarwanyi ba Hamas, umujyi wa Barcelona wabaye hamwe mu hantu haboneka benshi bashyigikira Palestine muri Espagne.
Lamine Yamal Nasraoui Ebana yavukiye mu mujyi wa Barcelona, ku myaka itandandatu yari yinjiye mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya Barca izwi nka La Masia.
Lamine avuka kuri nyina Sheila Ebana waturutse muri Equatorial Guinea na se Mounir Nasraoui uturuka muri Maroc.
![]()

