Iturika ryabereye mu ruganda rukora imiriro y’ibishashi mu Bushinwa ryishe abantu 26
Iturika ryabereye mu ruganda rukora imiriro y’ibishashi mu Bushinwa ryishe abantu 26, rikomeretsa abandi 61, nkuko ibitangaza bya leta bibivuga.
Iryo turika ryabereye mu ruganda rwa Huasheng Fireworks ahagana saa kumi n’iminota 40 z’umugoroba (16:40) ku isaha yaho ku wa mbere, mu mujyi wa Liuyang, bituma abatabazi basaba ko abantu bose bari mu ntera y’ibirometero 3 uvuye ku ruganda bahava.
Abategetsi batangije igikorwa cyo gushakisha no gutabara bakoresheje abantu hafi 500, banita ku bakomeretse, mu gihe hifashishijwe n’imashini zikoranye ikoranabuhanga (robots) mu gushakisha abari baheze mu nyubako.

Polisi iri gukora iperereza ku cyateye iryo turika. Yafashe ingamba zo kugenzura umuntu wari ushinzwe iyo sosiyete ikora imiriro y’ibishashi by’ibyishimo, nkuko ibitangazamakuru bya leta byabivuze.
Inkuru y’igitangazamakuru CCTV yavuze ko imyaka y’abakomeretse iri hagati y’imyaka 20 na 60, kandi bamwe bagize ibikomere ku magufa nyuma yo gukubitwa n’ibintu byaturutse ku guturika.
Perezida Xi Jinping yasabye ko hakorwa ibishoboka byose mu gushakisha abantu bakiri kuburirwa irengero no gutabara abakomeretse. Yanategetse ko hakorwa iperereza ku byabaye kugira ngo ababifitemo uruhare babihanirwe, nkuko ibitangazamakuru bya leta byabivuze.
![]()

