Nepal: Minisitiri w’Intebe yafunze uwo yasimbuye nyuma y’umunsi umwe ku butegetsi
Yasuwe : https://igihe.com/tc/trafficcounter.php?id_article=246819
Yavuzweho:https://igihe.com/number_of_comments.php?id_article=246819
KP Sharma Oli wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Nepal, yatawe muri yombi akurikiranyweho gukoresha ingufu z’umurengera mu guhosha imyigaragambyo yabaye umwaka ushize igahitana abantu benshi.
Yatawe muri yombi mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Werurwe 2026 asanzwe iwe mu rugo.
Nyuma yahise ajyanwa kwa muganga mu Murwa Mukuru i Kathmandu kugira ngo akorerwe isuzuma ry’ubuzima nk’uko biteganywa n’amategeko kuri buri muntu utawe muri yombi muri icyo gihugu.
Ibitaro byakiriye Oli byatangaje ko hagitegerejwe ibisubizo by’ibizamini by’ubuzima bwe, cyane ko afite imyaka 74 kandi akaba yarigeze no gusimburizwa impyiko inshuro ebyiri.
Ibyo byabaye nyuma y’uko ku itariki 27 Werurwe 2026 habaye umuhango wo kurahira kwa Minisitiri w’Intebe Balendra Shah wahoze ari umwe mu baraperi bakomeye muri icyo gihugu ku wamamaye ku izina rya Balen.
Oli yatawe muri yombi nyuma y’aho komisiyo yashyizweho ngo ikore iperereza ku myigaragambyo yabaye muri Nepal imwongeye mu bakorwaho iperereza hamwe n’uwahoze ari Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Ramesh Lekhak ndetse igategeka ko bakurikiranwa n’ubutabera ku byaha byo kudakora inshingano zabo uko bikwiye.
Umuvugizi wa Polisi muri Kathmandu, Om Adhikari, yatangaje ko ifatwa ry’aba bayobozi ryakozwe hakurikijwe amategeko kandi ko iperereza rizakomeza nubwo kugeza ubu ibyaha bivugwa ko bakoreye muri iyo myigaragambyo bitaratangazwa.
Ni mu gihe Oli we yakomeje guhakana ibyagaragajwe n’iyo komisiyo y’iperereza agaragaza ko ari ukumusebya no kwitwaza impamvu za politiki bamwibasira.
Abanyamategeko be na bo bagaragaza ko kumuta muri yombi bidakwiye muri iki gihe kuko nta mpamvu ihari yerekana ko ashobora gutoroka ubutabera cyangwa kwanga kwitaba inzego zishinzwe iperereza.
Nyuma y’itabwa muri yombi rye, abayoboke b’ishyaka rye rya CPN-UML batangiye imyigaragambyo i Kathmandu basaba ko arekurwa, ndetse ubuyobozi bw’iryo shyaka bwatangaje ko bushobora gutegura imyigaragambyo mu gihugu hose.
Ni mu gihe Minisitiri mushya w’Umutekano mu Gihugu, Sudan Gurung, yashimye ifatwa ry’aba bayobozi, avuga ko ari intambwe iganisha ku butabera.
Ati “Nta muntu uri hejuru y’amategeko. Ibi si ukwihorera, ahubwo ni intangiriro yo gushaka ubutabera.”
Imiryango y’abantu 70 bapfiriye muri iyo myigaragambyo na yo imaze amezi isaba ko abayobozi bagize uruhare muri izo mpfu zabo babiryozwa.
Muri Nzeri 2025 ni bwo muri Nepal urubyiruko rwiraye mu mihanda mu myigaragambyo karahabutaka rwinubira imiyoborere mibi ndetse biza gutuma Oli yegura ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe aho urwo rubyiruko rwasabye ko Sushila Karki wigeze kuba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, aba Minisitiri w’Intebe w’inzibacyuho birakorwa.
Iyo myigaragambyo ikomeye yiswe iy’urubyiruko ruzwi nka ‘Gen-Z’ abenshi mu bo yahitanye ni abigaragambyaga barashwe n’abapolisi mu gihe bamaganaga icyemezo cya Leta cyo gufunga imbuga nkoranyambaga yari yafashe igira ngo iyiburizemo babure uko bahura.
Balen Shah w’imyaka 35 ari usanzwe ari Meya wa Kathmandu yitwaye neza muri iyi myigaragambyo kuko yagerageje gukoresha imbuga nkoranyambaga yumva urwo urubyiruko ari biza kumugeza ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.
![]()

