AmakuruMu MahangaUncategorized

Umugabo yarasiwe hafi y’urugo rwa Perezida Donald Trump

Uwo uri mu kaziga ni Austin T Martin of Cameron warashwe

Umugabo witwaje intwaro yarasiwe muri metero nke z’ahantu hafatwa nko kuvogera urugo rwa Perezida Donald Trump ahitwa Mar-a-Lago muri leta ya Florida nk’uko byemejwe n’inzego z’iperereza.

Amakuru ya BBC avuga ko uwo mugabo yari yitwaje intwaro, n’amavuta (petrol) ubwo yahagarikwaga, nyuma akaraswa n’abashinzwe iperereza nk’uko Umuyobozi wa Polisi wungirije yabivuze.

Icyo gikorwa cyabaye mu masaha mu gitondo muri America (06h30) kuri iki cyumweru mu gihe Perezida Trump we ari i Washington DC.

Uyu warashwe amazina ye yamenyekanye akaba yitwa Austin T Martin of Cameron, ukomoka muri Caroline ya Ruguru (North Carolina), nk’uko byatangajwe na CBS.

Abo mu muryango we bari batangaje ko babuze umuntu mu masaha ya kare ku Cyumweru.

Ibyo kuba uyu muntu ari mu babuze bashakishwa byakuweho na Polisi nyuma yo kumenya ko ari we warashwe. Hari gukorwa iperereza ngo bamenye niba imbunda yari afite yarayiguze ari mu nzira ava muri Caroline ya Ruguru (North Carolina) to Florida, according to CBS.

Umuvugizi w’Urwego rw’Iperereza, Anthony Guglielmi yagize ati “Inzego z’iperereza zamurasheho nyuma yo kubona ko yinjiye mu buryo butemewe mu ntera y’umutekano ya Mar-a-Lago (ku rugo rwa Perezida Donald Trump).”

Yavuze ko abashinzwe umutekano bamuboye afite intwaro n’ijerekani ya petrol.

Ukuriye Polisi mu gace ka Palm Beach, Ric Bradshaw we yongeyeho ko  uriya mugabo yarashwe nyuma yo kwanga kubahiriza amabwiriza yahawe.

Yagize ati “Amagambo yonyine yabwiwe ni ugushyira hasi ibyo afite, bivuze akajerekani ka gas, n’imbunda.”

Ric Bradshaw avuga ko igihe yashyiraga akajerekani hasi yahise afata imbunda mu buryo bwo kwitegura kurasa. Ati “Abashinzwe umutekano bahise bamurasa bakuraho uwari uteje akaga.”

Muri icyo gikorwa ngo abashinzwe umutekano bari bafite camera kandi muri bo ntawakomeretse.

Loading