Perezida wa Congo Yategetswe Kutongera Kwiyamamaza
Mu gihe amahanga akomeje gukurikirana uko ibintu bihagaze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), icyemezo gishya cyafashwe n’inkiko z’igihugu ndetse n’inama y’umutekano yihariye cyateye benshi kwibaza ku hazaza ha politiki y’iki gihugu gikunze kugaragaramo umutekano mucye.
Perezida Félix Antoine Tshisekedi, uri ku butegetsi kuva mu 2019, yategetswe n’inzego zinyuranye za Leta n’abahuza mpuzamahanga kutongera kwiyamamariza indi manda nyuma y’iyo arimo kurangiza. Iki cyemezo cyemejwe nyuma y’imishyikirano yihariye yabereye i Washington no mu Bufaransa, aho impaka zikomeye zagarutse ku guhosha amakimbirane mu Burasirazuba bwa Congo no gusigasira demokarasi.
Kurinda ko igihugu cyongera kujya mu kavuyo ka politiki.
Ligature icyizere mu batavuga rumwe na Leta.
Gutanga amahirwe ku ishyaka riri ku butegetsi ngo rihitemo undi muyobozi mushya.
Binyuze mu masezerano y’amahoro yasinwe muri Kamena 2025 hagati ya Kinshasa n’u Rwanda, hamwe n’uruhare rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’ibihugu byo mu Burayi, hasabwe ko habaho guhindura imitegekere n’imiyoborere ishingiye ku mahoro arambye. Perezida Tshisekedi yemeye gushyira imbere inyungu rusange kuruta iz’ubutegetsi bwe bwite.
Mu mijyi nka Goma, Bukavu, na Kinshasa, hari abagaragaje ko bishimiye icyo cyemezo nk’ikimenyetso cy’ubwubahane n’ubutwari, ariko hari n’abandi batinya ko gishobora gutuma ibintu bigenwa n’amahanga aho gutorwa n’Abanye-Congo ubwabo.
Uwitwa Solange, utuye mu mujyi wa Kisangani yagize Ati.”Iyo umuntu Yemeye kudakomeza mu gihe yari abifite ubushobozi,aba aha urundi Urubyiruko icyizere n’imbaraga.””
Hateganyijwe ko muri Mutarama 2026 hazaba amatora rusange, aho ishyaka rya UDPS rya Perezida Tshisekedi rizatanga undi mukandida mushya. Abasesenguzi bavuga ko ibi bishobora kuzana amaraso mashya muri politiki ya Congo, bityo bigatanga amahirwe yo kongera kunga ubumwe mu gihugu cyari kimaze igihe mu makimbirane.
Icyitonderwa: Iyi nkuru ni iy’ubusesenguzi ishingiye ku makuru n’imirongo y’ibiganiro birimo kuba hagati ya RDC n’andi mahanga. Ntiharasohoka itangazo ryemewe na Leta ya RDC ku cyemezo cyemeza 100% kutongera kwiyamamaza kwa Perezida Tshisekedi.

By: Florence Uwamaliya