Umwana w’imyaka 17 yabashije kwikorera telefone ngendanwa

Umwana w’umuhungu w’imyaka 17 uba muri Canada yabashije guca gahigo ko gukora  telefone nyuma yaho umubeyi we amushishurije ko nta bushobozi afite bwo kubona amafaranga yo  kumugurira iyo mu bwoko bwa “smartphone”.

Avugana na BBC, Mo Omer wihaye izina ryo kuba ari  “umuhanga mubijyanye n’ikoranabuhanga”  yavuze ko yakoze “smartphone” kugiti cye ayitangiriye akanayirangiza, akanemeza ko  azayishyira kugiciro kingana   n’amadolari 180.

Yemeza kandi ko telefone  yabashije gukora yujuje ibyangombwa byose nk’izindi ,gusa ngo akaba adacyeneye kuyungukamo menshi.

Yagize ati”Nasanze gukora telefone atari ibimtu bigoranye cyane”,yongeyeho ko nyuma y’uko abashije kugera kuntego ye yumva mu mahitamo ye azakomereza ishoramari rye hirya no hino ku Isi cyane cyane mu duce tugize umugabane wa  Afrika.

Yongeyeho ati”Hari abantu bashaka kuduha isoko muri Nigeria na Algeria no mu tundi duce twinshi. twizeye ko rizaba  isoko rizakomeza kwaguka kandi hari icyizere cyuko tuzagirana imikorere myiza”.

Mo (i buryo) yakoze iyo telefone ari kumwe na Fahd Alhattab w’imyaka 25

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *